Amakuru

Kiziguro : Abaturage babangamiwe no kutagira ibicanwa bidahagije

Bamwe mu baturage, bo mu Murenge wa Kiziguro, Akarere ka Gatsibo baragaragaza ko ibura ry’ibicanwa ribahangayikishije bigatuma  batoragura udukwi mu bihuru bakiyambaza n’ibitsinsi by’ibiti

Hirya no hino muri uyu murenge, abaturage bavuga ko bafite ikibazo cy’ibicanwa aho usanga abaturage bataka ko babona ibyo guteka ariko bakabura inkwi zo kubiteka.

gatsibo

Mukangwije Emeritha, umugore w’imyaka 36 utuye mu Kagali ka Ndatemwa, avuga ko ingo zitari nkeya zigorwa no kubona ibyo guteka ariko kubona inkwi  zo gucana  bikaba ingorabahizi.

Agira ati, “ usanga abana bazenguruka mu bihuru batoragura udukwi ndetse rimwena rimwe ducana ibibabi by’ibiti bitumye neza kuko nta bindi bicanwa tubona aha dutuye.”

Akomeza avuga ko nta kandi babigenza kuko iyo babicanye bikemera kwaka ibyo batetse bigashya biba ari mahire kuko kubona ibicana ari ikibazo cyibakomereye.

Mungarurire Aminadabu,utuye mu Kagali ka Mbogo, avuga ko hari ingaruka ku  kibazo cy’ibicanwa bitaboneka kuko  gituma  hari abana kerererwa kujya kwiga  kubera ko ababyeyi babo baba babohereje gushaka aho bavana inkwi bakiriwayo kandi nabwo baza bagasanga ntabyo kurya bihari bagahitamo gutegereza umunsi ukurikiye.

Ariko Mkunkusi Zilipa wo mu Kagali ka Nyabikiri, yongeraho, Umurenge abana bata ishuri bakajya gucuruza inkwi baba batoraguye hirya no hino.

Agira ati, uburyo ikibazo cy’ibicanwa ari ingorabahizi ni uko twifashisha  ibibonetse byose, ibirere, amashara,ibikenyeri n’ib igorigori kandi ibyo bikaba byatuma haba ingaruka kuko bishobora gutuma hari ibifatwa n’umuriro bikangirika kandi bigahungabanya ibidukikije.”

Rondereza yaba igisubizo

Ku rundi ruhande,bamwe mu baturage  mu mirenge imwe n’imwe mu karere ka  Gatsibo,  bishatsemo ubushobozi biyubakira amashyiga ya rondereza ndetse na biyogazi, nk’uko bivugwa n’umwe mubaturage utuye mu mudugudu wa Gitengure, wabashije  kwiyubakira biyogazi.

Ati “Ku amashyiga ya kijyambere dukoreshamo inkwi nkeya cyane kuko usanga wenyegezamo imyase nk’ibiri cyangwa itatu ibyo utetse bigashya, mu gihe ku busanzwe umuntu akoresha inkwi nyinshi kandi zitanaboneka.”

Akomeza avuga ko ariko  bamwe mu baturage bavuga  ko aya mashyiga arondereza ibicanwa bayafite ariko bayabitse kubera ko bafite inkwi nke kandi nazo zikenewe mu gihe hari n’abavuga ko ntacyo bayaziho hakaba hakenewe ubukangurambaga kugirango abaturage bamenye ibyiza byayo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo ishami rishinzwe iby’amashyamba, buvuga ko bukomeje gahunda yo gufatanya n’abaturage kongera ubuso buhingwaho ibiti no kubakangurira gukoresha rondereza, biyogazi n’ubundi buryo.

Umukozi ushinzwe amashyamba n’umutungo kamere mu Karere ka Gatsibo, ati “Hari ingamba zashyizwe mu mihigo y’Akarere zizafasha abaturage gukemura iki kibazo cy’ibicanwa, gusa icyo dukomeza kubashishikariza ni uko bakomeza gufatanya n’ubuyobozi muri izi gahunda, bishakamo ibisubizo.

Agira ati, “Bimwe mu bikomeza gutera ukwiyongera kw’ikibazo cy’ibicanwa muri aka karere ka Gatsibo, harimo no kuba hari ahakigaragara bamwe mu baturagee bagifite umuco wo gutwika, ku buryo n’ibiti bicye ba biba bisigaye usanga bigenda biyoyoka.”

Umunyamabanga Nshigwabikorwa w’Umurenge wa Kiziguro, Hategekimana Samson, avuga ko nubwo abaturage bafite ikibazo cy’ibicanwa, bagombwa kwirinda konona amashyamba atari ayabo kandi ntibangize ibidukikije.

Agira ati, “turabasaba kujya bakoresha  rondereza abafite ubushobozi bagakoresha biogazi. Mu rwego rw’ubukangurambaga  ku  kugabanya ibicanwa bikomoka ku biti, Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere mu Rwanda kibitewemo inkunga na FONERWA cyiyemeje kuzashyikiriza abaturage b’akarere ka Gatsibo bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri by’ubudehe amashyiga ya kijyambere arondereza inkwi.”

Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara ku mibereho y’abaturage n’imiturire (EICV4), bwagaragaje ko mu Rwanda 98.5% by’ingo zitekesha amakara n’inkwi, u Rwanda rukaba rwarihaye  intego y’uko uyu umubare uzaba wagabanutse kugera ru rugero rwa 50% mu mwaka wa 2020.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM