Amakuru

Diyabeti ntiyandura ariko iratinyitse kurusha izindi

Gishoma François,  washinze ishyirahamwe ry’abarwayi ba diyabeti mu 1997, avuga ko kugeza ubu bitoroshye kumenya abahitanwa na diyabeti ku mwaka kuko hari igihe bavuga ngo umuntu yishwe n’umutima cyangwa impyiko kandi yarabitewe na diyabeti.

Agira ati,” ntibyoroshye   kumenya niba iyi ndwara yiyongera cyangwa igabanuka, twashinze irishyirahamwe  dufatanije n’abandi tumaze kubona ko abantu barwara kandi nta miti iriho nta n’ubushobozi abantu bafite, abantu barwara ntibamenye ko ariyo barwaye, buhoro buhoro abantu bashobora kubona imiti n’aho bivuriza, ubu abarwayi bakaba bashobora kubona aho bivuriza hafi no kubona imiti idahenze kandi bakagirwa inama z’imyifatire

gishoma

Gishoma F. Washinze ishyirahamwe ry’abarwaye diyabeti

Akomeza avuga ko bakorana na Leta binyuze  mu kigo cyayo RBC, ibafasha mu mahugurwa n’ubukangurambaga mu gukangurira abaturage kwirinda ububi bwa diyabeti.

Impuguke mu buvuzi,zivuga koDiyabete ari  indwara mbi yugarije abantu benshi ku isi. Ububi bwayo ni uko  ari indwara idakira ariko umuntu ashobora kuyirinda aramutse amenye ikiyitera no gukurikiza inama za muganga igihe abona ashobora kuyirwara n’igihe yayirwaye.

Ababahanga,bavuga ko kugeza ubu abantu benshi batasobanukirwa ububi bw’iyo ndwara kuko benshi  nti bamenya ko bayirwaye kuko batarasobanukirwa ibimenyetso byayo kugirango babe bakwivuza hakirikare indwara itarakura.

Nk’uko bitangazwa n’inzobere z’abaganga mukuvura indwara z’imbere mu mubiri ,ngo  diyabeti ni indwara mbi cyane kuko ivurwa ntikire kandi uyirwaye imutera kurwara n’izindi ndwara.

Umuyobozi w’ ivuriro ry’abarwayi ba diyabeti ku Kinamba,Crispin Gishoma,  avuga ko iyi ndwara  iterwa no kuba umuntu afite isukari nke cyangwa nyinshi mu mubiri,indwara ya diyabeti irimo ibice bibiri, igice cya mbere gikunze kurwara abana bato ndetse n’urubyiruk. Ni  nacyo gice usanga umwana yarayirwaye biturutse kuba bamwe mu babyeyi be barayirwaye cyangwa umwe mu bisekuru bye bya hafi. Ububi bwa diyabeti   ngo n’uko iyo uyirwaye haziramo no kurwara  izindi ndwara biturutse kuriyo.

iliza

Agira ati, “ku ivuriro ryacu, kugeza uyu munsi  ababonanye na muganga barwaye diyabeti mu mezi atatu ashize bagera kuri 170, abipimishije bakaba 265, tukaba abana bakurkirwana barwaye iyi ndwara bagera ku 1600.

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

 

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM