Afurika

Nyabiheke: Kubera kwaguka umunsi ku wundi barasaba kongererwa ubutaka

Abo ni impunzi z’abanyekongo ziri mu nkambi  ya Nyabiheke mu karere ka Gatsibo, zivuga ko imiryango yabo igenda yaguka amazu babamo akababana mato.

Tariki ya  20 Kamena 2017, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe impunzi ku isi, izi mpunzi  zavuze ko zicyeneye kongererwa ubutaka bakava mu mfunganwa  kuko imiryango yabo igenda yaguka umunsi ku wundi.

Inkambi ya Nyabiheke muri Gatsibo

Umwe muri bo,  avuga ko abenshi bahunze ari imiryango mito mito, ariko uko iminsi ignda yicuma bagiye biyongera kubera kubyara.

Agira ati:” Turasaba abagira neza basanzwe badufasha ko bafatanya na Leta y’u Rwanda  iducumbikiye kuducyemurira  ikibazo kuko amazu tubamo yatubanye mato bitubangamira  kuko usanga umuryango utisanzuye.”

Ngoga Aristarque,  umukozi  wa MIDMAR  ushinzwe iyi nkambi, avuga ko minisiteri  iki kibazo cy’ubuto bw’inkambi ikizi,  ariko izashaka uburyo bwose cyabonerwa umuti urambye.

Agira ati,” Ni ikibazo ubona ko kibangamiye cyane izi mpunzi kandi natwe  twarabibonye, niyo mpamvu turiho  kugishakira umuti ku buryo twatangiye ibiganiro n’Akarere  ka Gatsbo kugira ngo karebe ahandi kadutiza ubutaka dutuzamo impunzi.

Inkambi ya Nyabihekeimaze imyaka isaga 12 igiyeho ,  ikaba icumbikiye impunzi z’Abanyekongo ibihumbi 17, abagera kuri  14,376 bakaba aribo bamaze kwemerwa n’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi HCR.

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM