Amakuru

Kurya imboga kenshi, bigabanya stress

Imboga zibonekamo vitamine z’ingenzi kandi nyinshi kimwe n’imyunyu-ngugu ishobora gufasha mu kugira ubuzima buzira umuze no kugabanya stress.

Ibi bigaragazwa  n’ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere, zibukorera muri Kaminuza ya Sydney muri Australia bukaba  bwakorewe ku bantu barenga gato ibihumbi 60  bari hejuru y’imyaka 45, abagabo n’abagore   bwerekana ko urya imboga nyinshi ni uko urugero rwa stress yawe rugabanuka kandi mu gihe  mu nshuro urya  ku munsi ibyiganjemo imboga cyane, bizagufasha kugabanya stress ku rugero rungana na 12% ugereranyije n’abatarya imboga cyangwa abazirya gacye.

Imboga ni ingirakamaro

Abashakashatsi ngo barebaga  inshuro barya imboga ku munsi  no muri rusange, bakareba inshuro bakunda kwibasirwa n’ibibazo bya stress.

Ubushakashatsi bwasanze, bamwe mu babwitabiriye baryaga imboga inshuro 3 kugeza kuri 4 ku munsi  ibyago byo kwibasirwa na stress bigabanukaho 12%, ugereranyije n’abazirya 1 cyangwa  batarya na nkeya bagaraaza  uko  urya imboga nyinshi ku munsi ariko  ibyago byo kwibasirwa na stress bigabanuka.

Ibyiza byo kurya imboga kenshi ku munsi, byagaragaye kandi ko bigirira akamaro abari n’abategarugori ku rwego ruri hejuru kuko abagore barya imboga cyane nko hagati ya 3 na 5 ku munsi, urugero rwa stress rugabanukaho 23%.

Imboga zifasha cyane abagore kurusha abagabo

Umwe mu bakoze ubu bushakashatsi, Binh Nguyen . avuga ko Ikigaragara ari uko  imboga n’imbuto zifasha mu kurinda abagore cyane kurusha abagabo, ariyo mpamvu ari byiza ko bazirya cyane kandi kenshi .

Muri birazwi ko imbuto n’imboga bifitiye akamaro kanini umubiri, imboga zikaba zigira  uruhare runini mu kurwanya stress kuko  kurya hagati y’inshuro 2 na 4 imboga bifasha mu kugabanya stress ku rugero rwa 12%. Kurya imboga n’imbuto hagati y’inshuro 5 na 7 ku munsi bikagabanya stress ku rugero rwa 14% naho  kurya imbuto zonyine bikaba  nta ruhare runini bigira mu kugabanya stress.

Ubu bushakashatsi  kandi bushimangira ubundi bwakozwe mbere nkuko  urubuga nkoranyambaga top santé rubivuga  ko  kurya imboga zijimye nka  epinari zibonekamo urugero ruri hejuru rwa folate, bifasha mu kongera ikorwa ry’imisemburo itera akanyamuneza ikorerwa mu bwonko ya dopamine na serotonin.

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM