Amakuru

Hagomba ubufatanye mu gushyira abana mu miryango “Umuyobozi wa HHC”

Ibi ni ibivugwa na Madamu Karangwa Vidivi ImmacuLée, Umuyobozi Mukuru  Wungirije w’Umuryango Hope and homes Children mu Rwanda (HHC), uvuga ko ubwo bufatanye na Leta bw’inzego zitandukanye ari ngombwa kugirango iyi gahunda ishobore  gushyirwa mu bikorwa neza.

Agira  ati,  “kuzuzanya  kw’inzego  biba bikenewe  uhereye  kuri ubwo  bufatanye na Leta  ni ngombwa  mbere yo gushyira abana mu miryango kuko   HHC ibanza mu  gutegura abana bakiri mu kigo, ababyeyi, abaturanyi, abakorerabushake n’inshuti z’umuryango kugira   ngo   habeho   gufatanya   mu   kumenyereza   umwana   ugeze   mu   muryango   no kumukurikirana mu buzima bwa buri munsi.  Ubu bufatanye bwubakirwa cyane cyane hamwe n’abayobozi n’abakozi ba buri kigo cy’imfubyi kuko usanga aribo bafite amakuru ya   buri   mwana, nibo   babatinyura   kandi   ni   nabo   babashishikariza   gukorana   neza n’impuguke muri iyi gahunda. Urugero rwiza ni nkaho ubuyobozi bw’ikigo bwemereye abana gukomeza kubishyurira amashuri ariko iyo badashyigikiye gahunda biragorana.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa Hope and  homes  Homes  for Children mu Rwanda, Madamu Karangwa Vidivi Immaculée,  avuga ko  HHC  muri iyi gahunda  ikurikirana umwana   n’umuryango  bakomeza   kwitabwaho  kugeza   igihe   bamenyereye   ubuzima bushya mbere yo kubacutsa.

Agira ati, “Nyuma y’uko abana bashyizwe mu miryango, habaho ibikorwa bitandukanye birimo gukurikirana uko babayeho muri iyo miryango, kubahuza mu matsinda bijyanye n’imyaka  yabo kugira ngo   bahugurwe   ku   bintu   bitandukanye   birimo   uburenganzira bw’umwana,  kwigisha   abana uburere   bwiza   n’imibanire   n’abandi,   kwigisha   abana bakuze ubuzima bw’imyororokere, uko bakwihangira imirimo no kubahuza mu bikorwa bitandukanye kugira ngo bibarinde ubuzererezi cyane cyane mu biruhuko.”

Akomeza avuga ko bakorana bya hafi n’inzego z’ibanze binyuze mw’ihuriro rishinzwe kurengera   uburenganzira   bw’umwana.   Iryo   huriro   riba   ririmo   uhagarariye   inzego z’ibanze,  uhagarariye   Polisi   y’igihugu   muri   ako  gace,   uhagarariye  abihaye  Imana, uhagariye   abarezi,   uhagariye   inzego   z’ubuvuzi   n’abandi   bafite   aho   bahurira   no kurengera   umwana   kandi   bagakorana   nabo   ahanini   ibijyanye   no   guharanira uburenganzira bw’umwana no kumurinda ihohoterwa.

Avuga ku kibazo cy’uko abamaze kuba abangavu n’ingimbi bafashwa mu burere bwabo . bagenerwa   amahugurwa   agamije gutuma biyubaka mu mikurire yabo. Hari amahugurwa tugenera ababyeyi babo kugira ngo   nabo   bamenye   ubuzima   bw’imyororokere   ndetse   n’imihindagurikire   y’umubiri w’umwana mu gihe arimo akura.Ku bana ubwabo tubahugura ku buryo bwo kwiyubaka ndetse   n’ubuzima   bw’imyororokere. Mu   gihe   cyose   HHC   itarabacutsa   ikomeza gukurikirana abana n’imiryango yabakiriye.

Hamaze kugaragara impinduka nyinshi  

Madamu   Karangwa  Vidivi Immaculée,   avuga   ko   gahunda   ya   Tubarerere  mu muryango imaze kuzana impinduka zinyuranye kuko ubu nta  mwana ukinjira mu bigo, ahubwo   hashakishwa   ibindi   bisubizo   umwana   akabonerwa   umuryango   igihe yatereranwe,ubu abana bari mu miryango bumva bafite aho bavuka (identité) naho mbere wasangaga umwana yumva ko iwabo nta handi hatari mu kigo cy’impfubyi, naho ubu,abana  bari mu miryango bagaragaza imikurire myiza haba mu gihagararo no

mu bwenge kuko bitaweho kurusha mu bigo by’impfubyi, abana bari mu miryango baba bizeye   neza   kuzavamo   abagabo   n’abagore   babereye   igihugu.

Ibi   bikagaragaza   ko indangagaciro ari nbombwa ku muntu kandi zikagirira igihugu cyose akamaro  biturutse mu   muryango, azigira   mu   muryango  kandi Ikindi   ni   uko   amafaranga   yagenerwaga   ibigo by’impfubyi   ubu   arimo   gushyirwa   muri   gahunda   za   Leta   zo   gufasha   abana n’imiryango ,bityo akagera kuri benshi kuko byamaze kugagara ko gufashiriza abana mu bigo   by’impfubyi   bihenze   icyane   kurusha   kubafashiriza   mu   miryango,   ba   malayika mulinzi   bakaba   barahuguwe   kandi   biteguye   kwakira   abana   batereranwa   ndetse n’inshuti   z’umuryango   2   muri   buri   mudugudu   bakaba   barashinzwe    gukurikirana ubuzima bw’abana.

Gutyo, iyo dushyize umwana mu muryango, dufatanya n’umuryango agiyemo kugirango akomeze amashuri naho  ku bana bakuru barangije amashuri cyangwa bayacikije habaho kubafasha kwihangira imirimo ndetse no kwiga imyuga kugira ngo izabafashe kwiteza imbere.

Ubufatanye na ba Malayika Mulinzi

Ku byerekeranye n’uubufatanye na Ba malayika Mulinzi, Madamu  Karangwa Vidivi Immaculée  , ati, “Ba Malayika Mulinzi bagera kuri 448 bamaze kwakira abana mu miryango yabo.

Dukorana nabo kenshi kuko  bakira abana bavuye mu bigo by’imfubyi batashoboye   guhuzwa   n’imiryango   yabo   bwite.   Nibo   bafasha   muri   gahunda   yo gukumira ko umwana yajyanwa mu kigo mu gihe yatereranwe kandi umuryango we bwite   utaraboneka.Mbere   yo   kwakira   abana   tubanza   gusengengura   ko   bashobora kubarera ndetse tukanabahugura.

Ijwi ry’abana nizo mbaraga zabo

Kubera ko ijwi ry’abana arizo mbaraga zabo, Umurango Hope and  homes  for Children-HHC, uvuga ko washyizeho amatsinda y’abana (Child participation sessions) hagamijwe gufasha abana kumvikanisha ijwi ryabo no kubafasha kugira uruhare muri gahunda zibagenewe.

Ubuyobozi bwa HHC, buvuga ko Ibi byose bikorwa  igamije kurengera uburenganzira  bw’umwana, hakaba hamaze   kubakwa amarerero (Community   hubs)   agera   ku   8   no   gukorwa   gukorwa   politiki   igena   imirongo ngenderwaho mu kwakira abana mu miryango (foster care policy & guidance) kandi  HHC igenda    ikora ubuvugizi kugira  ngo  gahunda zigamije gufasha  abana cyane cyane abakiri mu bigo by’impfubyi n’abafite ubumuga zirusheho kwitabwaho maze bose babonerwe imiryango ibaha urukundo

Cyakora, nubwo  Ibikorwa HHC ikora bigenda bitanga umusaruro, Madamu Karangwa Vidivi Immaculée, avuga ko icya mbere abanyarwanda benshi bamaze gusobanukirwa ko kurerera abana mu muryango aribyo byiza kurusha kubashyira mu bigo by’impfubyi ikindi   kandi   imiryango   ya   ba   malayika   muliinzi   yakira   abana   nayo   isobanukiwe n’uburenganzira bw’umwana ku buryo bazi ko agomba kwiga ndetse agahabwa n’andimahirwe yose abana bahabwa mu buzima.

Ati, “ariko, n’ubwo iyi gahunda igenda neza ntihabuze imbogamizi zimwe na zimwe nk’aho   bamwe   mu   bashinze   ibigo   babona   abana   bamaze   gusohokamo   bose bagatangiza   ibindi   bisa   nk’ibigo   aho   usanga   babihinduramo   ibigo   by’abakuze, abapfakazi n’ibindi bituma bikomeza kuba ibigo aho abayobozi   b’ibigo   bamwe   usanga badafata  umwanya uhagije wo gutegura ibindi bikorwa  bidasaba gucumbikira abana ahubwo batsimbarara bigatuma badakomeza kufasha abana kumenyera ubuzima bwo mu muryango.  Hakaba hakwiye ubufasha bw’inzego za Leta kuko bamwe muri ba nyiri’ibyo   bigo   bagenda   bumvisha   abana   ko   mu   miryango   batabaho   neza   ndetse bakumvisha bamwe ko bakwiye kuva mu miryango bakagaruka mu bigo babagamo.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM