Mu cyegeranyo cyatangajwe n’umuryango urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, Ishami ry’Rwanda (TR-Rwanda), tariki ya 9 Werurwe 2018, washyize ku mugaragaro icyegeranyo wakoreye ubushakashatsi mu turere twa Musanze, Karongi,Nyanza na Rwamagana bikaba byarakozwe hagendewe ku mishnga yashowemo amafaranga atari make hagamijwe guhangana n’imihindagurukire y’ibihe.
Minisitiri Biruta Vincent w’ibidukikije na Ingabire M. Immaculée. Umuyobozi wa TIR
Iyo mishinga harimo iyo kubakira abaturage za Biogazi, za rondereza, kubaha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba n’ibindi.
Uyu muryango wemeza ko bamwe mu baturage, bagiye berekana ko nka za Biogazi (biogaz) bagiye bakorerwa zabapfiye ubusa kuko ubwo bazubakirwaga batagishijwe inama kandi ntibahabwe amahugurwa ngo bigishwe uko zikoreshwa n’ibibazo zije kubafashamo.
Muri iki cyegeranyo, hagaragara ko abaturage 1600 bo muri turiya turere ni ukuvuga 63,4% bavuze ko batigeze bagishwa inama mbere y’uko bashyirwa muri iyo mishinga mu gihe 70.8% ngo iyo bahuye n’ikibazo bemeza ko batamenya uwo bagana ngo babimubaze hakiri kare.
Ingabire M. Immaculée. Umuyobozi wa TIR,, Ishami ry’ u Rwanda, avuga ko ari ngombwa ko abaturage bagira uruhare mu bibakorerwa, kuko iyi mishinga irimo amafaranga atari makeya.
Agira ati,“N’inzego z’ibanze zikwiye kubigiramo uruhare, gufasha abaturage kubumvisha ko biriya bintu ari ibyabo mbere y’uko biba iby’undi wese kuko iyo bagiye kubakira abaturage amaziko ya rondereza cyangwa biogazi haba hakwiye kubaho abantu bahatuye bahugurwa ku buryo bwo gufata neza biriya bikoresho n’uburyo bashobora kubisana byangiritse.”
Akomeza avuga korwose bitumviikana uko iziko ryameneka bikaba ngombwa gutegereza umutekinisiye warishyizeho kugirango abikore.
Cyakora yongeraho ko igitekerezo cyo gushyiraho iyi mishinga ubwacyo ari byiza ariko hakirimo ibibazo bikomeye no kuba abagerwabikorwa badakurikiranwa ngo harebwe niba ibyo bahawe bikora uko bikwiye.
Minisitiri w’Ibidukikije,Biruta Vincent, asanga ubundi umushinga wose ugenewe abaturage baba bakwiye kuwugiramo uruhare, bakagaragaza icyo bakeneye n’ikibazo bashaka ko cyakemuka.
Agira ati,”Iyo haje raporo nk’iyi ivuga uko ibintu bikorwa, iba ikubwira ngo n’ubwo bidahagije ahubwo ari ngombwa kureba uburyo ubutaha byakorwa neza kurushaho.
Nkuko byasobanuwe, ngo ubusanzweIyi mishinga inyura muri FONERWA ( Ikigega gishinzwe kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.)
Mu mishinga itandukanye yo kubungabunga imihindagurikire y’ibihe, mu mwaka wa 2009 u Rwanda rwakoresheje miliyoni 15 z’amadolari (15$), mu mwaka wa2013 rukoresha miliyoni 279$ na ho muri 2016 rukoresha amadolari miliyoni 416 (415$).
Kagaba Emmanuel, umwezi.net