Afurika

Kigali:  Kumenya umwunga niyo nzira y’ubukire-Mugisha

Mugisha umaze imyaka irenga icumi akora umwuga w’ubukanishi atewe ishema nawo akaba asaba urubyiruko kuwugana kugira ngo bikure m’ubukene.

                            Mugisha atewe ishema no kuba ari umukanishi 

Iterambere  ry’Isi  rikomeje kwihuta arinako bamwe mu  bayituye bakomeje kubura akazi, bitewe nibyo bize.

Ariko abahanga  bavuga ko aho bigeze amashuli gusa atariyo umuntu akwiye kwirata ahubwo ko hagomba kwiyongeraho  no kumenya umwuga mu gihe akazi ko mu biro kabuze hakaba kwiyambaza imirimo y’amaboko.

Mu Kiganiro Mugisha umaze imyaka irenga icumi ari umukanishi  mubyimodoka avuga ko umwuga wo gukanika ari  akazi keza kuko kagira inyungu iyo ubikora ubikunze.

 

Mugisha  ufite igaraje mu murenge wa Kigali avuga ko umwuga we w’ubukanishi ari umwuga yashishikariza abantu cyane cyane urubyiruko kuwugana kuko wabafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Uyu mugabo usanzwe ufite umutima wo gufasha dore ko  hari abana benshi b’impfubyi   yigishije nabo bakaba bamaze kwigeza kuri byinshi avuga ko  umwuga w’ubukanishi ari akazi keza urubyiruko rukwiye kwitabira kuko hari amahirwe menshi y’ubuzima ukurikije aho Isi yerekeza.

Mugisha  arashishikariza urubyiruko kwiga imyuga kuko izabagirira akamaro

 

Mugisha avuga ko atanga ubufasha kubana bashaka kwiga cyane kubana b’impfubyi , kuko aribo usanga badafite gikurikirana bityo nabo bakabona amahirwe yo kwiga kugirango mubuzima bwabo nabo bagire icyo bazigezaho.

Akomeza avuga ko kubandi bashaka kwiga umwuga w’ubukanishi nabo bashobora kumugana bakiga dore ko bidahenze kuko usanga umwana asabwa gusa ibihumbi ijana by’amanyarwanda yarangiza kwiga afite amanita meza agahabwa n’akazi.

 

Umunyamakuru yamubajije uburyo akazi kabo gakorwa muri iki gihe U Rwanda hamwe n’isi biri mu rugamba rwo gurwanya Coronavirusi , Mugisha yavuze ko asobanurira abamugana uburyo bagomba kwitwara gukira ngo hatagira uwandura cyangwa akanduza bagenzi be. Avuga ko umuti ari umwe ari kubahiriza amabwiriza yashyizweho na Leta arimo kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba inkoti  kenshi hifashishijwe amazi n’isabune ndetse no guhana intera hagati yabo, yaba bari mukazi cyangwa batakarimo.

Ubukanishi ni umwuga wakurera wowe n'abo ubyaye kandi neza - Bagabo Saleh - Kigali Today

Ubukanishi busaba gushirika ubute ugakura amaboko mu mufuka ugakora

Mugisha kandi akomeza agira inama abakora umwuga nkuwe kubahiriza amabwiriza yo kwirinda coronavirusi kugira  ngo hatagira icyatuma igihugu cyongera gufata umwanzuro wo gusubiza abantu muri guma mu rugo kuko bisubiza inyuma ubukungu bw’ u Rwanda.

umwezi.rw

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM