AMAHANGA

Amerika irasaba u Rwanda na Congo kuyiboka inzira y’ibiganiro

Linda Thomas-Greenfield. Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, yasabye u Rwanda na Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kuyoboka inzira y’ibiganiro mugushakira umuti ibibazo bikomeje gushyamiranya ibihugu byombi.

Ibyo yabivuze kuwa 1 Nyakanga 2022 mu nama ya kanama ka Loni gashinzwe umutekano.

Congo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 wongeye kubura imirwano muri iyi minsi.

Ibirego u Rwanda ruhakana rwivuye inyuma, ruvuga ko ibibazo bya Congo ari ibyaba nyekongo ibwabo ko ari nabo bagomba kubishakira ibisubizo n’umuti.

U Rwanda rushinja Congo gufasha umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’i Kigali,umutwe ufatwa nk’uwiterabwoba.

umwezi.rw

 

 

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM