AMAKURU MUTURERE

Abanyeshuri ba lycee de Kigali bunamiye abatutsi basaga 45000 bashyinguwe mu rwibutso rwa Nyamata

kuruyu wa gatatu kugicamunsi abanyeshuri ba Lycee de Kigali bashyize indabo ku rwibutso rwa Nyamata ahashyinguwe inzirakarengane zazize Jonoside yakorewe abatutsi mu 1994

Abanyeshuri ba Lycee de Kigali  bashyira indabo ku Rwibutso rwa Nyamata

N’igikorwa cya bereye ku rwibutso rwa Nyamata Aho abanyeshuri bahagarariye abandi basuye uru rwibutso basobanurirwa amateka y’ubwicanyi bwakorewe abatutsi mu cyahoze arubugesera banatemberejwe ibice bitandukanye byurwibutso basobanurirwa amwe mu mateka y’ubwicanyi ndengakamere bwakorewe abaruhukiye moabanyeshuri bagize umwanya wo kumva ubuhamywa bwumwe warokocyeye muri kiriza ya Nyamata yiciwemo abatutsi basaga 10000

Madamu Louise Uwimana wa rokokeye ahabereye ayo mahano atanga ubuhamya bw’ibyamubayeho   Louise Uwimana Watanze ubuhamya bwuko yarakotse Jonoside yagarutse ku nzira y’umusaraba yanyuzemo mu gihe cya Jonocide.

yagize ati “twanyuze mu bihe bigoye kuko ubwo ubwicanyi bwaributangiye twahungiye muri kiliziya tuziko ariho turiburokocyere Gusa ntago byadukundiye kuko interahanwe zaraje zitangira kurasa muri kiliziya ubwo ngewe nasohowe n’umugabo anfata  kungufu ndetse bimviramo ko anyanduje sida ndetse ansiga ngenyine .nyuma ingabo z’inkotayi zaraje ziramfasha,gusa duhirana ibikimere cyane cyane iyo turi muri ibi bihe usanga twongeye gutekereza cyane ku bacu kuko duhirana ibikimere bidashira kwiyakira biba bitoroshye yashoje agora abo banyeshuri guharanira icyateza igihugu imbere birinda amacakubiri bamagana abapfobya Jonocide ya korewe abatutsi.

Grace Gwiza wiga mu mwaka wagatandatu umuyobozi wa banyeshuri bari muri AERG mu kigo kishiri rya Lycee de Kigali

Grace Gwiza wiga mu mwaka wagatandatu wa mashuri yisumbuye yavuze ko ibyo babonye biteye ubwoba kandi ko bagiye gukoresha imbaraga zose bakarwanya abapfobya Jonoside

yagize ati “twatemberejwe urwibutso batwereka ibice bigize urwibutso dusobanurirwa amateka y’ubwicanyi bwabereye I Nyamata , biteye ubwoba twumvise neza amateka y’uru rwibutso ,
twiyemeje gukora ibishoboka tukarwanya abapfobya Jonoside bifashishije imbuga nkoranya mbaga.

Bwana Leo Mubera uhagarariye urwibutso rwa Nyamata watembereje abanyeshuri ibice bitandukanye bigize urwibutso akanasobanura amateka y’uru rwibutso(uwo urihagati)

Bwana Leo Mubera uhagarariye urwibutso rwa Nyamata watembereje abanyeshuri ibice bitandukanye bigize urwibutso akanasobanura amateka y’uru rwibutso yaboneyeho umwanya wo Gusaba abanyeshuri kuragwa n’umuco wo gukunda igihu ndetse no kurwanya abapfobya Jonoside yakorewe abatutsi 1994 bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga ndetse asaba Abanyarwanda gukomeza gutanga amakuru kuhaba hakiri imibiri igashyigurwa mu cyubahiro.
urwibutso rwa Nyamata urushyinguwemo abatutsi basaga 45000 biciwe mubice bitandukanye abasaga 10000 biciwe muri kiliziya ya Nyamata.

Umunyeshuri uhagarariye abandi atanga ubutumwa yandika mu gitabo cyabasuye uRwibutso Rwanyamata

Uhagarariye Abanyeshuri ba Lycee de Kigali muri ARG Karisa atanga ubutumwa yandika mu gitabo cyabasuye uRwibutso Rwanyamata

 

 

Ishuri ry’a lycee de Kigali ritanga inkunga ingana ni bihumbi ijana ya manyarwanda(100.000F)

Kiliziya ya tikiriyemo imbaga nyamwishi za zize uko zavutse ahahoze hitwa Bugesera ubu ni Nyamata hari uRwibutso

Abanyeshuri berekwa imyenda Yi nzira karengane

Ibikoresho biri muri iyo Kiziya nkurwibutso by’izo nzirakarengane

Bimwe mubikoresho biri muri iyo Kiliziya nkurwibutso

Abanyeshuri berekwa banasobanurirwa amateka

Carine Kayitesi

umwezi.rw

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM