Abadepite bahagarariye intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaganye imirwano y’ingabo za Leta (FARDC) n’abarwanyi ba M23, bavuga ko ari ukuvogera ubusugire bw’igihugu kandi ibangamiye amahoro n’umutekano mu karere.
Kuwa 24 Gicurasi 2022 nibwo aba badepite bavuze ko “bitewe n’ubukana bw’imirwano, basaba Leta ya Congo ko mu buryo bwihutirwa isaba akanama ka Loni gashinzwe umutekano, akanama k’amahoro n’umutekano mu muryango wa Afurika Uunze Ubumwe (AU) n’izindi nzego z’akarere gushaka igisubizo no kwemeza ko M23 ari umutwe w’iterabwoba .
Kuva muri Werurwe uyu mwaka, umutwe wa M23 watangije imirwano n’igisirikare cya leta gusa iza guhosha gato ariko yongeye kuburwa mu mpera z’icyumweru gishize.Abarwanyi ba M23 bafashe ibirindiro bya gisirikare bya Rumangabo muri Kivu y’Amajyaruguru. Ni ibirindiro bikomeye cyane mu mayeri ya gisirikare, biherereye mu burasirazuba bwa pariki ya Virunga hafi y’umuhanda uhuza Rutshuru na Goma.
Amateka y’ibi birindiro arakomeye cyane kuri M23 kuko byabaye icyicaro cy’uyu mutwe mu bitero bya 2012 na 2013. Kuri uyu wa kane nibwo M23 yongeye gufata ibi birindiro.
Umwezi.rw

