AMAKURU MUTURERE

Hope Skills Academy irahamagarira abashaka kwiga imyuga kubagana

 Hope Skills Academy   ikigo gitanga amahugurwa ku bijyanye no gutunganya imisatsi n’ubwiza ndetse no kudoda imyenda itandukanye mu gihe kingana n’amezi 6 giherereye mu Murenge wa Gisozi akarere ka Gasabo ahazwi nka Beretwari.

Nshimiyimana Daniel umwe mu bayobozi   Ba HOPE  Skills ACADEMY avuga ko ishuri ryabo ritegura abantu neza mu buryo bwo kwigira ku murimo aho umunyeshuri akora hanyuma ibyo ari gukora bigakurikirwa n’ubusobanuro bw’ibyo umunyeshuri ari gukora.

Nshimiyimana Daniel umwe mu bayobozi  Ba HOPE  Skills ACADEMY

ikigo kimaze icyumweru gitangiye kikaba kiri gushishikariza abantu bakeneye kwiga imyuga kubagana kuko bafite abarimu babisobanukiwe mu gutanga ubumenyi buri ku rwego rushimishije.

kuri ubu mu cyumweru bamaze bakora bafite abanyeshuri bagera kuri 15 mu mashami atandukanye ,iri shuri kandi rifata  abanyeshuri  baturutse mu madini na matorero atandukanye mu gihe urutonde rutanzwe nidini cyangwa itorero ubuyobozi bwarwo bugashyiraho umukono  ku mafaranga y’ishuri bishyura  havanywaho 40.000F ku mafaranga atangwa y’Ishuru kubwimikoranire mwiza n’ubufatanye kugirango tugere kwiterambere

Ikindi kandi ku bufatanye n’Umurenge wa Gisozi mu rwego rwo kugabanya ubushomeri irishuri rifata abana batishoboye rikabaha amasomo ku buntu (scholarship) aho bafata abanyeshuri batanu (5) mu budozi na batanu (5) mu gutunganya imisatsi, urutonde rw’abo bagomba gufata bakaba baruhabwa n’Umurenge.

Niyomuremyi Denny ni umwe mu banyeshuri biga kuri iri shuri ibijyanye no gutunganya imisatsi ndetse n’ubwiza avuga ko narangiza kwiga azajya ku isoko ry’umurimo nk’abandi agakora ibyo yize abikunze kandi nta gucika intege.

aragira inama urubyiruko rwinshi cyane cyane ururi mu biyobyagwenge kugana ishuri bakiga imyuga bityo bakabasha kwiteza imbere.

Niyomuremyi Denny umunyeshuri wa HOPE  Skills ACADEMY

Uwase Djamila nawe wiga kuri iri shuri ibijyanye n’ubudozi avuga ko yaje hano kuko akunda kudoda cyane kuko yakuze abikunda cyane kuri ubu akaba avuga ko inzozi ze yazikabije aho ubu arimo kwiga kudoda imyenda itandukanye.

Uwase Djamila umunyeshuri kuri  Hope Skills Academy

Arateganya ko naramuka amaze kurangiza kwigaaziteza imbere ndetse akanabasha guteza imbere bagenzi be.

Umunyamabanganshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisozi  Musasangohe Providence aganira ni Kinyamakuru umwezi.rw avugako  Hope Skills Academy ije ikenewe ikaba Ari umufatanya bikorwa mwiza ufite gahunda yo gufasha abana batishoboye bataye amashuri kubera ubushobozi bakabigisha kubuntu, imyuga itandukanye ,Ati “abantu nkabo nibo Leta ikeneye kugirango tugere kwiterambere“.

Akomeza ashishikariza nabandi bafatanya bikorwa gufatanya n’ubuyobozi kubaka urwa tubyaye kuko niyo ntego

Imyenda yadozwe na bamwe mubahawe  amasomo y’ubidozi

Bimwe mubikoresho bikoreshwa mugutunganya ubwiza nko kumesa mu mutwe

Abari kwiga gutunganya umusatsi

Abari kwiga kudodesha imashini 

 Kubifuza kwiyandikisha,kwiga cyangwa kwihugura  yakuzuza iyi link

https://docs.google.com/forms/d/e/1FAIpQLSdEG2G8gQgRioWuyOB0Dfvb9TiV_OK0kOlJz-3Qoz-O3mv49Q/viewform

kuko iyo wujuje turabibona tukaguhamagara ugahabwa ibisobanuro birambuye  ni kalibu turahari ku bwanyu ibiciro byoroheye buri wese

 

Carine Kayitesi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM