Amakuru

Ishyaka PSR rirakangurira urubyiruko kwishakamo ibisubizo aho gutegereza kubisaba abandi



Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Mata, 2023 Ishyaka rya Gisosialisiti Rirengera Abakozi mu Rwanda (PSR) ryatanze amahugurwa ku banyamuryango baryo biganjemo urubyiruko

Ubayoboke bi shyaka PSR bari bitabitiye amahugurwa

Ni amahugurwa yari igamije kubakangurira gukunda Afurika no gukora cyane bakiteza imbere bakumva ko batagomba  gutegereza ibivuye mu mahanga ahubwo ko nk’Abanyafurika  bagomba kwigira bagatungwa n’ibivuye mu maboko yabo ndetse n’ubumenyi bafite bakabibyaza umusaruro bityo Afurika igatera imbere.

Bwana Jean Baptiste Rucibigango Umuyobozi wa PSR  avuga ko impamvu bakoze aya mahugurwa kuri Pan African Movement ari uko bifite icyo bipfana na Afurika Yunze Ubumwe( AU), kuko mu 2016 mu nama yateraniye I kigali aribwo bemeje ko Perezida Paul Kagame avugurura umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU)

Ikindi ni uko Pan African Movement yahimbwe kugira ngo abirabura bagire agaciro ku isi bareke kurenganywa, ariko ubu abirabura bakaba aribo bari kwicana ubwabo ikaba ariyo mpamvu bakoze aya mahugurwa kugira ngo bakangurire urubyiruko kurwanya akarengane mu birabura.

Umutoni Vanessa umuyoboke w’ishyaka rya  PSR avuga ko impamvu y’aya mahugurwa ari  ugukangurira abanyafurika ko ari ibiremwa nk’undi muntu kandi bashobora kwishamo ibisubizo batagiye kubisaba abandi, bakishyira hamwe ndetse bakanateza imbere Afurika kuko baciye mu bibazo bimwe bakaba banafite ibibazo bimwe, bakwiye gufatanya bakishakamo ibisubizo.

Umurerwa Janviere umwe mubayoboke bi shyaka  PSR nawe  avuga ko yungukiye muri aya mahugurwa  byinshi nk’umunyafurika akaba avuga ko bagiye guhindura imitekerereze y’urubyiruko rugahaguruka rugakora rugahindura imyumvire yo kumva ko hari abagomba kubafasha bagakora bakiteza imbere bakareka kumva ko bazatezwa imbere n’ibivuye mu mahanga.

Anavuga ko bagomba guhaguruka bagakora bakabyaza umusaruro ibyo bize bagateza imbere imiryango yabo ndetse n’igihugu muri rusange.

Dr Ismail BUCHANAN Komiseri ushinzwe ubushakashatsi muri Pan African Movement Rwanda Chapiter, akaba n’Umwalimu muri Kaminuza avuga ko Pan African Movement nk’umuryango uharanira iterambere ry’umunyafurika,avuga ko baje mu mahugurwa ya PSR mu rwego rwo kureba uko amashyaka ashyira mu bikorwa intumbero y’iterambere rya Afurika bakaba basanze muri PSR bari guteza imbere ihame ry’umunyafurika ndetse n’umunyarwanda bakaba bahuye ngo baganire ku iterambere rya Afurika biciye mu rubyiruko.

Pan African Movement  Rwanda yashinzwe nyuma ya congress ya 8 yabereye mu Gihugu cya Ghana mu mwaka 2015, ukaba wari ufite abanyamuryango bagera ku bihumbi mirongo itatu (30000), barimo Amadini, Ihuriro ry’abakozi, Urubyiruko, Itangazamakuru Abanyeshuri, Imiryango itari iya Leta  n’abandi.

Bamwe mu bayoboke bishyaka PSR bitabitiye   amahugurwa 

Kayitesi Carine

 

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM