AMAHANGA

Niger: 49 bapfiriye mu butayu bazize inyota

Abaturage ba Niger 49 bapfiriye mu butayu bazize inyota, nyuma y’uko ikamyo yari ibatwaye ipfiriye mu gace k’inkengero z’umupaka uhuza Algérie, Niger na Mali.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umwezi, avuga ko abayobozi bo mu gace ka Agadez batangaje ko abo bantu bapfiriye ahantu hitaruye, hari mu bilometero birenga 80 mu burengerazuba bwa Assamaka, mu Majyaruguru ya Niger.

Abo bagenzi bari bavuye muri Mali basubira iwabo muri Niger, aho bari bagiye kwizihiza umunsi mukuru wa Eid.

Nubwo abantu 49 bapfuye, abandi babiri bo bashoboye kurokoka. Bavuze ko bakoze urugendo rw’ibilometero birenga 50 n’amaguru,

Aka gace k’ubutayu gahuza Niger, Algérie na Mali gakunze kuberamo impanuka n’ibyago nk’ibi, kubera ubukana bw’ikirere, intera ndende hagati y’aho abantu bashobora kubona amazi, ndetse n’ingendo zikorerwa mu buryo burimo ibyago byinshi.

Ubuyobozi bwa Agadez bwatangaje ko nyuma y’uko ikamyo yari ibatwaye ipfuye, umushoferi n’abagenzi bagerageje kuyikanika ariko biranga. Bari mu butayu butagira amazi, aho ubushyuhe buba bukabije kandi kubona aho bavoma bigoye cyane.

Abayobozi bavuze ko abo bagenzi “babaye nk’abaguye mu mutego” mu gace kagoye kubamo, aho kubaho nta mazi n’ubutabazi bihari biba bigoye cyane. Imirambo yashyinguwe mu mva rusange.

Kayitesi Carine

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM