Afurika

Nyagatare : Ubuyobozi burasabwa gukemura ibibazo by’abaturage bidatinze

Mu ruzinduko yakoreye mu Karere ka Nyagatare tariki ya 13 Gashyantare 2017, Umukuru w’igihugu yagejejweho ibibazo bitandukanye Ibyo bibazo usanga bisaba kubicukumbura, kugera aho byabereye n’ibindi ku buryo byose atari ko yahita abitangira igisubizo.

kgame wacu

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame

Ibibazo byabajijwe , byibanze ku bantu bavuga ko barenganyijwe n’inzego z’ibanze.  Umwe mu baturage, avuga ko  yatanze isambukugirango  yubakwemo inyubako zifitiye abaturage akamaro, ariko ntahabwe ingurane n’uwavuze   ko yatanze isambu ye muri urwo rwego  akababazwa no kuguranirwa  mu gishanga kandi ari aha leta.

Bariyanga Fideli, wo  mu murenge wa Rwimiyaga, Akagali ka Kirebe, umudugudu wa Kirebe, avuga ko afite akababaro  yatewe n’uko  inzego z’Akarere   ka Nyagatare, zamwimye ubutaka bwe yahaweho ingurane  amaze  kwimurwa aho yari atuye bamubwira ko bagiye kuhubaka amashuri, barangiza bakanamusaba kwiyishyurira ibyangombwa by’ubwo butaka bushya yemerewe guhera mu mwaka wa 2015  kugeza ubu akaba atarabubona.

Agira  ati, “Umurenge waranyimuye ntibampa ingurane  y’ubutaka bari banyemereye  barangije bantegeka kwishyura ibihumbi 30 kugira ngo amazina yanjye yandikwe ku byangombwa by’ubwo butaka bagombaga kumpa. Nyuma bambwiye ko ubutaka butabonetse n’amafaranga natanze ntibayansubiza. .”

Mu kumusubiza, Perezida Kagame  ati “ni gute musaba umuntu kubaguranira mwarangiza mukagerekaho no kumwaka amafaranga yo kumwandikishaho ubwo butaka ubwo yabahaye ntibwari bubaruye? Amafaranga yari yarabwibarujeho si we wayitangiye? None n’iyo ngurane ntimwayimuhaye?”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mupenzi Georges, ati,  “iki kibazo turakizi, habaye ibiganiro hagati y’ubuyobozi n’uyu mugabo ndetse biva no mu bushake bwo guhuza imbaraga bakubaka akarere kakabafasha. Ubu butaka twari tutarabumuha hashize nk’ukwezi kumwe bibaye”

Nubwo Bariyanga Fideli, avuga ko aya mafaranga n’ubutaka yabyatswe mu kwezi kwa gatandatu 2015, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatgare, Mupenzi Georges avuga  ko hashize ukwezi kumwe gusa.

abaturage ba nyagtare mu ruzinduko rwa kagame

Abaturage bo muri Nyagatare bishimiye gusurwa na Perezida 

Nyuma yo kumva ikibazo cy’uyu muturage, Perezida Kagame, asaba  umuyobozi w’aka karere, gusobanura uko iki kibazo giteye aho byagaragaye ko bamuryamiye koko kuko Perezida atumva  ukuntu umuntu atanga ubutaka bubaruye barangiza bakamutegeka no kuba ari we wishyura ubutaka bwa kabiri agomba guhabwa ikigeretseho ntanabuhabwe kandi yishyuye. Kubera iyo mpamvu  akaba yarahise ategeka  Umuyoozi w’Akarere ko mu cyumweru kimwe gusa  agomba kuba yamaze gukemura  ikibazo cy’uyu muturage.

Agira ati, “uru ni urugero rumwe, n’ibindi biba byicaye bitegereje ko nza kubikemura, mubikora kubera iki? Mwamugiriye nabi, mwamusabye ibintu arabibaha murangije muramuhemukira. Ntibizongere rwose.”

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, asaba  abayobozi b’akarere ka Nyagatare kwakira ibibazo abaturage bamugejejeho n’abatarabashije kubimugezaho kubera umwanya bakabikemurira ku gihe ku buryo azagenzura niba byarakemuwe.

Kagaba Emmanuel

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM