Afurika

Nyarugenge : Abakora umwuga w’ubwubatsi bahawe impamyabumenyi

Ku bufatanye bwa WDA n’umujyi wa Kigali,  Sendika y’abakozi bo mu bwubatsi , Ububaji n’ubukorikori  ( Syndicat des travailleurs des entreprises  construction, Menuiserie et artisanats (STECOMA) , tariki ya 10 Gashyatare 2017,  yatanze  impamyabushobozi ku ku baora umwuga w’ubwubatsi bibumbiye muri uru rugaga

abayobozi stecoma

Abayobozi bari bitabiriye ibirori 

Habyarimana Evariste, uyobora iyi sendika, avuga ko yatangije  mu mwaka wa  2008, ubu bakomeje guhugura abafundi bakaba banabigisha gukora umwuga unoze hagamijwe guca akajagari  ako ariko kose mu bwubatsi.

Akomeza avuga ko banabafashaguhanga umurimo binyuze muri za koperative zabo  kandi bakabaha ubufasha banabakorera ubuvugizi ku bafitanye ibibazo n’abakoreseha babo.

abahagarariye abandi

Abahawe impamyabumenyi bahagarariye abandi

Agira ati, Stecoma, iriho mu buryo bwemewe n’amategeko kuva muri 2008, Iubu ifite abanyamuryango  bakabakaba  bihumbi  mirongo ine n’umunani ( 48) bari mu turere twose tw’u Rwanda  uko ari mirongo itatu (30)

Agira ati, “Sendika STECOMA irengera kandi ifasha abanyamuryango bayo binyuze mu buvugizi , ubufasha mu buyobozi no kongera ubushobozi .”

rusange 3

Abanyamuryango ba STECOMA

Kugirango igera ku ntego zayo , STECOMA  ni umunyamuryango NI n’umufatganyabikorwa w’izindi sensika  mu Rwanda  no kw’isi n’umufatanyabikorwa w’inzego za Leta.

ikindi kintu abafundi bakwiye gukangurirwa ni ukwiteganyiriza,kuko bitewe n’akazi bakora,usanga bahura n’impanuka nyinshi zituma bamugara igihe icyo aricyo cyose,abaye atarizigamiye rero ahinduka umutwaro ku muryango we ndetse n’igihugu muri rusange.

rusange 2

Bishimiye guhabwa impamyabumenyi

kugirirwa ikizere mu kazi ako ariko kose ni ngombwa,kuko ahatari ikizere ntacyagerwaho,kandi ibi bikwiye kuba ku bafundi ndetse n’ababaha akazi.

Minisitri w’abakozi n’umurimo, Uwizeye Judith, asaba abubatsi bahawe impamyabushobozi kuizikoresha bahesha umurimo wabo agaciro.

Agira ati, Musabwe kuba urugero mu bandi baturage, mukitabira gahunda z’iterambere, imiryango yanyu ikitabira ubwisungane mu kwivuza kuko hari abashobora gukomerekera gukomerekera mu kazi igihe icyo aricyo cyose, ariko mukanateganyiriza yanyu amafaranga mukorera ntakwiye kuba ayo kujyana mu bikorwa bitazabagirira akamaro mu gihe kiri imbere.”

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM