Amakuru

Bumwe mu bwanwa ngo bwaba bubamo umwanda uruta uwo mu bwiherero

Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu kwiga ibya microbes bwagaragaje ko bumwe mu bwanwa bubitse imyanda iruta iyo mu bwiherero.

Abashakashatsi  basanze ubwanwa bumwe na bumwe bubitse umwanda na za bagiteri zitandukanye biruta ibiboneka  muri  tuwaleti (toilette) .

Iyi nkuru dukesha urubuga nkoranyambaga7 sur 7, ivuga ko Muganga John Golobic, wo  muri Nouveau-Mexique, agira inama abagabo batunga ubwanwa bwinshi kujya birinda kubukorakoramo batakarabye neza intoki kd bakabwoza cyane ndetse  bakabuteramo imiti yica microbes (desinfectants).

N’ubwo ngo nta ndwara  ubwanwa butera ba nyirabwo, umuntu utunze ubwanwa yagombye kugira impungenge ko bwaba buvamo umwuka utari mwiza bikabangamira abo babana n’ababegereye.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM