AMAHANGA

Mu Gihugu cy’Ubufaransa, uwitwa Emmanuel Macron yatsindiye kuyobora u Bufaransa.

Uyu mugabo yatsinze ku majwi 65.1%  naho uwo bari bahanganye  Marine Le Pen  agira amajwi  34.9%.

Aya matora yabaye ku cyumweru tariki ya 7 Gicurasi 2017 Abafaransa bakaba bari bayazindukiyemo  aho batoraga usimbura Perezida Francois Hollande wasoje manda ye.

Amaze gutorwa, Emmanuel Macron, yavuze ko azaharanira kwimakaza umurimo, uburezi ndetse n’umuco, kuko ari byo u Bufaransa buzashingiraho mu kugira imbere heza.

Abayobozi batari bake ku isi, bagiye batangaza ko bishiniye ugutsinda kwa Emmanuel Macron kandi bakaba bizeye ko azateza imbere igihugu cye n’iterambere ry’abaturage b’Ubufaransa.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM