Ibi bigaragara mu ibaruwa, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Kayiranga Emmanuel, yandikiye abanyamabanga Nshingwbikorwa b’imirenge yose igize Akarere ka Rulindo, abimenyesha Guverineri w’Intara y’Amajyaguru, abasaba guhagarika abavuzi gakondo n’abacuruza imiti mu buryo butemewe.
Icyi cyemezo cy’umuyobozi w’Akarere ka Rulindo gifashwe mu gihe hirya no hino mu turere, hagaragara abavuzi gakondo benshi kandi bacuruza imiti itandukanye yaba iya gakondo n’iya kinyarwanda ugusanga bose bakorera mu kajagari kuko usanga bayidandaje mu masoko hari ipyunyitse mu buryo budasobanutse , iri mu macupa adasobanutse n’ibindi. Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko kuvura muri ubu buryo bitemewe n’amategeko nubwo usanga bweze muri iki gihe.
Mu gihe bamwe mu bavuzi gakondo mu Karere ka Rulindo batangiye gutabwa muri yombi nyuma y’inama zabereye mu tugari n’imidugudu, abakora muri ubu buryo basabwa guharika ubuvuzi bwabo no gucuruza imiti mu buryo butemewe.
Uhagarariye abavuzi gakondo mu Karere ka Rulindo, Habumuremyi Innocent, avuga ko icyi cyemezo cy’ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo gifite ishingiro, agasanga kiziye igihe kuko wasangaga abavuzi gakondo badandaza imiti hirya no hino mu masoko nka Base n’ahandi kandi Minisiteri y’ubuzima ikaba idahwema kubasaba kubireka.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (Aga Rwanda Network) naryo mu manama yaryo , ntirihwema gusaba abavuzi gakondo kubahiriza ibyifuzo bya Ministeri y’ubuzima bigamije kubungabunga ubuzima bw’abantu no kubahiriza amabwiriza ya Leta nk’uko babisabwa.
Abavuzi gakondo bakaba basabwa guhindura imyumvire kandi bagafatanya mu mikorere na Leta bakubahiriza amategeko gutyo itegeko rizabagenga rikazaza baramaze kubyumva neza ndetse baratangiye gushyira bimwe mu bikorwa.
Kagaba Emmanuel, umwezi.net


