- Kuri uyu wa gatatu taliki ya 20 Werurwe 2019, mu Rwanda hateraniye inama itegura umunsi mpuzamahanga wo kwita ku mazi meza, aho hishimirwa intambwe imaze guterwa mu kugeza amazi meza ku baturage.
Minisitiri Dr Vincent Biruta, ati u Rwanda rukwiye kwishimira intambwe rumaze kugeraho mu kubona amazi meza no kuyageza kubaturage.
Ibyo yabitangarije mu muhango wo gutangiza inama y’iminsi ibiri, ifite insanganyamatsiko igira iti “Leaving no one behind”, aho avuga ko ibyo bisaba kwita ku masoko yayo abantu birinda kuyatoba kandi bakarwanya isuri.
Yavuze ko ari uburyo bwo guhuza abakoresha amazi n’abahanga mu kuyatunganya bungurana ibitekerezo hagamijwe gukuraho inzitizi za hato na hato zigenda mu gusukura amazi no kuyageza ku baturage no kuyitaho.
Tetero François, umuyobozi ushinzwe umutungo kamere w’amazi avuga ko icyumweru cyahariwe amazi ari igikorwa gisanzwe kiba buri mwaka bakora ubukangurambaga mu gucunga umutungokamere w’amazi muri rusange.
Akomeza agira ati “Iki cyumweru cyasanze dufite imbogamizi zitandukanye zirimo imicungire y’amazi, cyane cyane imyuzure n’isuri yakunze kugaragara hamwe na hamwe mugihugu .
Ati muri iki cyumweru hazatangizwa umushinga wo kubungabunga bimwe mu bice by’imigezi yisuka muri Nyabarongo kimwe n’uko hari ahandi bikorwa nko kuri Sebeya.
Kubungabunga umugezi wa Nyabarongo harimo guca amaterasi, gutera amashyamba nogutera ibiti bivangwa n’imyaka ariko kandi bisaba ubufatanye n’abaturage.
Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi bafite mu nshingano zabo gukurikirana amazi, kuva ku rwego rw’umurenge kugeza ku rwego rw’igihugu hamwe n’abafatanyabikorwa bafite amazi mu nshingano zabo.
Carine Kayitesi
Umwezi.net


