Agira ati” Icyo twabanje kwitaho ni gushaka uburyo bazajya basya akawunga keza kava mubigori bihingwa murwanda.

Akawunga Keza gakonzwe mu bigoli bihigwa mu Rwanda
Uru ruganda rumaze amezi agera kuri cumi na biri(12) rutangiye gukora umuyobozi warwo avuga ko
biteguye gutanga serivise inogeye abakiriya , ibi bakazajya babikora bubahiriza amasezerano bagirana nabakiriya harimo kubaha ibiro byuzuye mu gihe hari abandi batuzuza ibiro.

Mutegetsi Silas atewe ishema no kuba akora akawunga mu bigoli bihingwa mu Rwanda
Ibi uyu muyobozi abivuze mu gihe hari bamwe mu bafite inganda zitunganya akawunga ariko ugasanga ibipimo biri inyuma ku mifuka bitandukanye n’ibiri imbere.
Akomeza avuga ko mu ruganda ayoboye bahagurukiye kurwanya ako karengane gakorerwa abakiriya gakorwa na bamwe mu bafite inganda.
Niki gishya uru ruganda rukora gitandukanye ni zindi nganda zikora akawunga mu Rwanda
Ikindi gishya ni uko akawunga dukora kava mubigori abanyarwanda bihingira,
Kuburyo akawunga gasohoka gafite isuku ihagije, kandi kagasohoka ari numero ya mbere gusa.
Amakuru twahawe n’abariye aka kawunga bavuga ko bishimiye uburyo karyose bavuga ko batazongera guhangayikira zimwe zaturukaga mu bihugu by’abaturanyi.
Nizeyimana yavuze ko yabanje kugura ibiro bibiri nyuma yumvise uburyo karyoshye agaruka kugura akandi. Ati” Byari bimenyerewe ko umucuruzi aza akamamaza kugira ngo ibicuruzwa bye bimuveho niyo mpamvu nabanje kugura ibiro bicye ngo mbanze numve uko bimeze ariko nasanze karyoshye “
Uyu akomeza avuga ko yari yarabaye inshuti n’abashoferi bajya mu mahanga kugira ngo bajye bamuzanira akawunga ariko ubu ntibikiri ngombwa.
Uru Ruganda rufite abakozi cumi
Ruherereye mu Murenge wa Kanyinya mu Kagari Ka Nzove
Carine Kayitesi
umwezi.rw