Amakuru

Nyarugenge: Kimisagara abakora ubukanishi bwa mamodoka bakajije ingamba zo kwirinda covid-19

Muri kigihe icyorezo cya COVID-19 cyakajije ubukana mu kwiyongera ku bwandu bushya ndetse ikaba iri kwihinduranyamo ubundi bwoko bushya bwa Virusi ,bamwe mu bafite ibikorwa by’ubukanishi bw’amamodoka mu kagari ka Kimisagara , Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge  bakomeje gukaza ingamba zo kwirinda bu bahiriza amabwiriza ashyirwaho n’inzego za leta.

Turatsinze John umuyobozi uhafite ibi korwa by’ubukanishi,namugenzi we Rhamzane baganira nitangazamakuru, bavuze Ati”ubu muri kigihe ku girango dukomeze gukaza ingamba zo kwirinda Covide-19 abakiriya bacu batuzanira imodoka bakazisiga ,abakanishi bacu bakora basimburana murwego rwo kugabanya ubucucike bwabakozi ,mubindi ku marembo hari kandagirukarabe ndetse nagapimamuriro kuburyo umenya neza ko uwinjiye nacyibazo yadutera ,”Ikindi  abakozi bacu Bose tubakangurira kwipimisha kugirango turusheho kwirinda tuzi uko duhagaze bikadufasha gukora akazi dutekanye.

Turatsinze John avugako bo bishyiriyeho umukorera bushacye uhora ubakangurira kwirinda igihe Hari uwibagiwe kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyicyorezo

Ndayambaje Dieudonne   umaze imyaka cumi nitanu akorera muriri garaje

Umwe mubakozi bakorera muri iri garage umaze imyaka cumi nitanu,ahakorera Ndayambaje Dieudonne avugako muri yiminsi icyorezo cyakajije umurego nabo bafashe ingamba zo guhangana nacyo nkaho basimburana mu kazi ndetse bakaba barashyizeho umukorera bushake wo kubafasha kudatezuka nogukoresha Igihe neza .
Hashize icyumweru Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bushya bwa Covid-19 buzwi nka Delta. Ubwo bwoko ni bwo bumaze kugaragaza ubukana buri hejuru cyane kuruta izindi virusi zihinduranyije yaba Beta yabonetse mbere muri Afurika y’Epfo, Alpha yo mu Bwongereza ndetse na Gamma yagaraye mbere muri Brezil

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze,

Dr Mpunga Tharcisse  Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw’Ibanze, avuga ko ubwandu bwa Covid-19 yo mu bwoko bwa Delta bukomeje kwiyongera, kuko 60 % by’abarwayi bashya bayifite.

Dr Mpunga akomeza avuga ko guhagarika ibintu bishobora gutuma abantu bahura ku bwinshi ari cyo gisubizo kugira ngo inzego z’ubuzima zibashe kwita ku barwayi benshi bari kuboneka.
Dr Mpunga Ati” hakomeje ibikorwa byo gukingira kuko hagaragajwe ko uwakingiwe n’iyo yanduye ataremba”.

Uretse kuba ikwirakwira cyane, iyi virusi ya Delta ifite ibimenyetso bitandukanye n’ibya Coronavirusi isanzwe, aho uyirwaye ababara umutwe bikabije, akababara mu muhogo ndetse akaba yanagira ibicurane bitandukanye n’iya mbere aho umuntu yakororaga, akagira umuriro, akabura ubushake bwo kurya ndetse ntanahumurirwe.

Umubare w’abamaze kugaragaraho ubwandu kuva ku wa 14 Werurwe 2020 ugera ku 50.742, abamaze gukira icyorezo ni 35.582 mu gihe 607 bamaze gupfa.

umwezi.rw

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM