Amakuru

Raporo ya CPI 2025 Ishimangira Intsinzi y’u Rwanda mu Kurwanya Ruswa

Kigali, kuri uyu wa kabiri taliki ya 10 Gashyantare 2026 – Raporo ya Corruption Perceptions Index (CPI) 2025 yashyizwe ahagaragara n’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa, Transparency International (TI), igaragaza ko u Rwanda rwateye intambwe ikomeye mu kurwanya ruswa, rugera ku manota 58%, ari na yo menshi rumaze kugira kuva iyi raporo yatangira gukorwa.
Aya manota yazamutse ava kuri 57% mu 2024, atuma u Rwanda rukomeza kuba igihugu cya mbere muri Afurika y’Iburasirazuba mu kurwanya ruswa, rukaza ku mwanya wa gatatu muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ndetse rukazamuka ku mwanya wa 41 ku rwego rw’isi, ruvuye ku wa 43 mu mwaka ushize.
Muri Afurika, u Rwanda runganya amanota na Botswana (58%), biza bikurikiye Seychelles iri ku mwanya wa mbere n’amanota 68%, na Cabo Verde ifite 62%. Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda rukurikiwe na Tanzania iri ku mwanya wa 84 n’amanota 40%, Kenya ku wa 130 n’amanota 30%, Uganda ku wa 148 n’amanota 25%, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 163 n’amanota 20, mu gihe u Burundi buri ku wa 167 n’amanota 17%.
Iyi raporo igaragaza ko u Rwanda ari bwo bwa mbere rumaze imyaka ine ikurikirana ruzamura amanota: 51% mu 2022, 53% mu 2023, 57% mu 2024 na 58% mu 2025, bikaba ari ikimenyetso cy’uko ingamba zo kurwanya ruswa zikomeje gutanga umusaruro.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International–Rwanda, Apollinaire Mupiganyi, yavuze ko iri zamuka rigaragaza ubushake bwa politiki n’imbaraga z’inzego mu kubaka ubuyobozi bushingiye ku kuri. Yagize ati: “Kugera ku manota yo hejuru si igihe cyo kwirara, ahubwo ni umwanya wo kurushaho gukomeza inzego z’ubunyangamugayo no gutuma impinduka zigaragarira mu buzima bwa buri munsi bw’abaturage.”
Amanota y’u Rwanda muri CPI 2025 yakomotse ku bipimo birindwi, birimo ubushakashatsi bwa World Economic Forum (73%), African Development Bank (69%), World Justice Project (60%), n’ibindi bipimo mpuzamahanga bipima imiyoborere n’ubunyangamugayo.
Ku rwego rw’isi, CPI 2025 igaragaza ko ruswa ikomeje kuba ikibazo gikomeye, aho impuzandengo y’amanota ari 42% gusa, ikaba ari yo yo hasi cyane mu myaka irenga icumi ishize. Ibihugu birenga bibiri bya gatatu (122 kuri 180) bifite amanota ari munsi ya 50%, bigaragaza ko urugamba rwo kurwanya ruswa rugikomeye.
Transparency International irahamagarira ibihugu kongera imbaraga mu gushyira mu bikorwa amategeko arwanya ruswa, kurinda ubwisanzure bw’itangazamakuru n’imiryango itari iya Leta, no gufunga inzira zose zituma amafaranga ya ruswa anyuzwa mu bwihisho.
Mupiganyi yongeyeho ko urugero rw’u Rwanda rugaragaza ko impinduka zishoboka igihe inzego zirinzwe kandi hakabaho kubazwa inshingano, ashimangira ko nta gihugu gikwiye kwirara muri uru rugamba.

Kayitesi Carine

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM