Amakuru

Abanyamakuru barakangurirwa gukoresha imibare mu nkuru bakora

Ku bufatanye  n’Ishami ry’Umuryango w’abibubmbye  ryita ku Iterambere  ry’abaturage (UNDP), n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) yateguye  amahugurwa  agenewe  ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda , aho abanyamakuru bakangurirwa gukoresha imibare mu nkuru bakora kugirango zirusheho kuba kinyamwuga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa  w’Inama y’Igihugu y’Itangazamakuru (MHC)Mbungiramihigo  Peacemaker, avuga ko aya mahugurwa azafasha cyane abanyamakuru kuko hari bamwe bataraga inkuru ariko ntibite ku mibare.

peacemaker

Mbungiramihigo Peacemaker ES MHC

Agira ati, “Inkuru zitangarizwa abanyarwanda haba  mu bijyanye n’iterambere, ubuzima, uburezi, ubukungu, ubuhinzi, ubucuruzi, ubukerarugendo, imikino n’ibindi ,zigomba kugendera ku bipimo by’Imibare kugira ngo abanyarwanda bamenye aho ikintu cyavuye ndetse n’urwego kigezeho.”

Akomeza avuga ko bitavuze ko ubushobozi bw’abanyamakuru mu gutara inkuru butari buhari ahubwo bwari bukenewe kongerwamo ubumenyi mu bijyanye no gukoresha ibipimo by’imibare  ahubwo ko abenshi baba barize itangazamakuru muri za kaminuza ariko bataragize amahirwe yo kwiga ibijyanye no gukoresha ibipimo by’Imibare mu nkuru

Bamwe mu banyamakuru  bavuga ko hari imbogamizi   kuri bimwe mu binyamakuru  bakorera  kuko usanga bidafite ubushobozi bwo gufasha umunyamakuru gukora inkuru yifuza irimo icukumbura mu bijyanye n’imibare.

Nyuma y’aya mahugurwa, abanyamakuru bayakurikiye, bagiye mu turere dutandukanye  aho babonanye na bamwe mu bayobozi batwo, bagirana ibiganiro  ku bikorwa batandukanye by’iterambere ry’uturere , baganira n’abaturage ku bibazo  bafite bijyanye n’iterambere ryabo, ibyavuyemo bigakorwamo amakuru ashingiye ku mibare kuko igihugu ariyo gishingiraho mu gukora igenamigambi.

Uretse kubaka ubunyamwuga bw’umunyamakuru, gukoresha ibipimo by’Imibare mu gutara no gutangaza izi nkuru  binafasha abasomyi  kumenya mu buryo bworoshye kandi bwihuse icyo inkuru ishaka kuvuga.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM