Mu Karere ka Gisagara, hakunze kuvugwa ko indwara ya malariya yahafashe icyicaro abaturage bakavuga ko yababujije amahwemo.
Umwe mu baturage utuye mu mu Murenge wa Ndora, avuga ko iyi ndwara ikomeje kubazahaza cyane ariko ubuyobozi bugenda bubakangurira uko bayirwanya nubwo bwose bitaborohera bitewe n’amikoro make ariko n’imyumvire ya bamwe ikiri hasi.
Uwamahoro Louise, ni umwe mu bajyanama b’ubuzima mu Murenge wa Ndora, ushinzwe ubuzima bw’abana n’abagore batwite.
Agira ati, “Hano muri Gisagara malariya irahari, dukeka ko impamvu iyitera ari ibihuru, ariko dutera imiti ku nkuta z’amazu buri mezi atandatu kandi umwana cyangwa umubyeyi tubona ko ariyo arwaye tumwohereza kwa muganga kugira ngo bamusuzume kandi bamuhe imiti ya ngombwa.”
Muri iki gihe, ubuyobozi bw’akarere, buremeza ko bwafashe ingamba zo kuyihashya bugasaba abaturage kubigiramo uruhare rugaragara.
Umuyoboziw’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, avuga ko ubwiyogere bwa malariya mu Karere ayobora bwatewe ahanini n’imihindagurukire y’ikirere ndetse n’imiyaga myinshi ituma ubushyuhe bwiyogera n’imibu itera iyi ndwara ikarushaho kororoka.
Agira ati, “twahagurukiye kuyirwanya, dukora ubukangurambaga mu baturage, tubasaba gusiba ibinogo birekamo amazi, gutema ibihuru bikikije ingo zabo ku buryo abagera kuri 80 % by’abaturage muri rusange bamaze kumenya uko bayirinda kandi dukomeje kubibakangurira kandi ugize ikibazo akihutira kugana kwa muganga.”
Akomeza avuga ko ubu bari muri gahunda yo gutera imiti hirya no hino mu ngo z’abaturage kugira ngo barebe uko ubwandu bwa malariya bwagabanuka.
Ministeri y’ubuzima, ivuga ko mu myaka 4 ishize abanyarwanda bagera kuri miliyoni 3 n’ibihumbi 900 barwaye malariya naho mu mibare yagiye ifata mu kwezi kwa Nzeli kuva mu myaka 3 itandukanye igaragaza ko abantu bagera kuri 79 bahitanywe n’indwara ya malariya.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu Kwakira 2016, Diane Gashumba, Minisitiri w’ubuzima, yavuze ko ivuga ko mu myaka 4 ishize abanyarwanda bagera kuri miliyoni 3 n’ibihumbi 900 barwaye malariya naho mu mibare yagiye ifata mu kwezi kwa Nzeli kuva mu myaka 3 itandukanye igaragaza ko abantu bagera kuri 79 bahitanywe n’indwara ya malariya.
Muri iki kiganiro, Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya malariya mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), Mbityumuremyi Aimable, asaba abaturage kwitwararika gahunda z’ubuvuzi ku ndwara ya malariya bubahihiriza gahunda zafashwe mu kuyirwanya.
Imibare yatanzwe na Ministeri y’ubuzima (MINISANTE), igaragaza ko mu mwaka wa 2012, abarwaye malariya mu Rwanda bageraga ku bihumbi 800, ariko muri raporo y’umwaka wa 2015/2016 hagaragajwe ko malariya yazamutse cyane bakagera kuri milyoni 3 n’ibihumbi magana 900.
Kagaba Emmanuel,umwezi.net

