Amakuru

Muhima : Koperative Mbahafi barasabwa kugira intumbero ifatika na gahunda imwe nta kujenjeka

Urubyiruko  rwibumbiye  muri Koperative Mbahafi  rusasabwa kubyaza umusaruro  w’akazi karwo  bakemurirana ibibazo aho kurindira  ko Ubuyobozi bwarwo  buza kubibakemurira.

Mu biganiro yagiye  agirana nabo  mu bihe bitandukanye, Ndekezi Jean Pierre, Perezida wa Koperative Mbahafi,  abasaba  kutajya bihererana ibibazo ngo bategereze kuzabigeza ku buyobozi  mu gihe byabagoye  ahubwo ko bajya babigaragaza  mu gihe bagihura nabyo  kugira ngo bikemuke cyangwa  bihabwe umurongo ku ikubitiro.

mbahafi

Ndekezi Jewan Pierre

Agira  ati,”Ntabwo  urubyiruko  rukuze kandi  rungana  gutya bashobora kukurenganya kirazira. Mukwiye kujya mufatanya kwikemurira ibibazo ubwanyu kuko aribwo bikemurwa mu mucyo cyane ko mwese muba muziranye neza ntawatinyuka kubabeshya  cyangwa kubabeshyera kandi muzi ukuri.” Niyo mpamvu musabwa kuzuza inshingano zanyu nk’abanyamuryango mugatanga umusanzu n’ibindi musabwa  ku gihe gutyo bizatuma  uburanganzira bwanyu bwubahirizwa mukore nta kibahutaje.

Akomeza avuga ko  hakabaye hitabazwa ubuyobozi ku kibazo cyananiranye cyangwa se gisaba ubushobozi buhambaye ariko ntibibe bya bindi byo kutemera uburyo ikibazo gikemuwe kandi hubarijwe amategeko.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Muhima , busaba urubyiruko  rwubibumbiye muri koperative Mbahafi  gukorana icyizere rugamije gutera intambwe bajya imbere, bukabashishkariza kwigirira icyizere  muri gahunda bakora.

Ubu buyobozi bugira inama urubyiruko cyane cyane urwishyize hamwe kugira intumbero ifatika bakagira gahunda imwe kuko batatera imbere badashyize hamwe.

Bamwe mu bamotari bibumbiye muri Mbahafi, bavuga ko   ko iki kintu bagitangiye ndetse cyatangiye no gutanga umusaruro ariko bakagaragaza ko hari abumva bahora basiragira nyamara bigaragara ko baburana amahata.

Sezirahiga Vital, umaze iyaka 3 ari motari muri iyi koperative,  agira ati,”Ubusanzwe  dukorana neza n’ubuyobozi bwacu kandi turabwishimira, nta nta kibazo na kimwe bihererana  ahubwo  baduha  gahunda yo kugikemuraba agendeye ku gihe na gahunda mwahanye.”

Yemeza ko uretse kuba gukemurira ibibazo mu nteko rusange  bituma nta muyobozi wibeshya ngo afate imyanzuro ahubutse binarinda abanyamuryango  akarengane kuko ibibazo bishyirwa ku mugaragaro.

Uni munyamuryango witwa Arianne, akaba anakorera iyi koperative,  avuga  gahunda yo kuganira n’ubuyobozi  bwabo  imaze agutanga umusaruro, kuko umunyamuryango  agaragaza ikibazo cye ndetse akanahabwa umwanzuro wacyo.

Agira ati, “Umusaruro unagaragara mu bibazo abamotari  babaza iyo bahuye n’ingorane mu mu muhanda bari mu kazi kuko bibonerwa   ibisubizo  bidatinze  byaba ngombwa bikazagezwa ku nama rusange.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Muhima , busaba urubyiruko  rwubibumbiye muri koperative Mbahafi  gukorana icyizere rugamije gutera intambwe bajya imbere, bukabashishkariza kwigirira icyizere  muri gahunda bakora.

Ubu buyobozi bugira inama urubyiruko cyane cyane urwishyize hamwe kugira intumbero ifatika bakagira gahunda imwe kuko batatera imbere badashyize hamwe.

Perezida wa Koperative Mbahafi, Ndekezi Jean Pierre, anenga bamwe mu banyamuryango batuzuza inshingano zabo, akabasaba kwikubita agashyi bagahindura imyumvire, buri wese akuzuza ibyo asabwa  kuko imizamukire ya koperative ishingiye kuri bose bafatanye urunana. Ndifuriza abanyamuryango bacu Noheli Nziza n’umwaka mushya muhire wa 2017, mbasaba gukomeza kunoza imikorere yabo  kugirango koperative irusheho gutera imbere. Muri uyu mwaka tuzarushaho gukorana murava n’ingufu kuko byagaragaye ko ariyo nzira yihutisha iterambere muri rusange.

Agira ati, “Mbere  igihombo ku bakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto, cyaterwaga no gufatwa na polisi bagacibwa amande kenshi bitewe no kutubahiriza amategeko n’amabwiriza yo gukoresha umuhanda uko bikwiye , ubu twahuguye abanyamuryango bacu, buri wese azi uko agomba kwitwara  mu muhanda  gutyo bigahesha agaciro koperative kuko  byadufashije kugaragaza ishusho  y’inyungu abanyamuryango bashobora gukura muri koperative no kwikemurira ibibazo bitandukanye.”

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM