Afurika

Muri Mutarama 2017, ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa byazamutseho 16,2%

Mu bipimo cyasohoye ku ihindagurika ry’ibiciro ku isoko, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) kigaragaza ko mu ntangiro z’umwaka wa 2017, mu kwezi kwa Mutarama  byazamutseho 7% ugereranyije n’intangiriro z’umwaka ushize, ariko wagera ku biribwa n’ibinyobwa  byazamutse cyane.

Raporo y’iki kigo igaragaza ko  ihindagurika ry’ibiciro nk’igipimo ngenderwaho kifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi.

igitoki

Kubera iyo mpamvu, iki kigo ( NISR) cyagaragaje ko ihindagurika ry’ibiciro ku isoko ryagaragaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 7,4% muri Mutarama 2017 ugereranyije na Mutarama 2016.

Iyi raporo ivuga ko  bimwe mu byatumye ibiciro bizamukaho 7,4% mu kwezi kwa Mutarama ari   ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byazamutseho 16,2%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa 1,5% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byazamutseho 8,3%.“

Nanone iyi raporo Ikomeza igaragaza ko ugereranyije Mutarama 2017 na Mutarama 2016, usanga ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byarazamutseho 5,5 % ariko wagereranya ukwezi kwa mbere (Mutarama 2017) n’ukwezi kwa cumi n’abiri (Ukuboza 2016) ibiciro byagabanutseho 0.4%. Iryo gabanuka ryo ryaratewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byagabanutseho 1,9% n’ibiciro by’ibijyanye n’uburezi byagabanutseho 1,4%.

Ku bipimo byerekana uko ku isoko bihagaze mu byaro,  NISR igaragza ko muri Mutarama 2017 ibiciro mu Rwanda byiyongereyeho 12,0% ugereranyije na Mutarama 2016 naho  mu cyaro, hasobanurwa ko ibyatumye ibiciro byiyongeraho 12,0% mu kwezi kwa Mutarama 2017 ari ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byazamutseho 21,9% n’ibiciro by’ibijyanye n’u uburezi byazamutseho 26,1%.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM