Afurika

Kimisagara : Ubuyobozi bwahagurukiye ibitera ibibazo abaturage

Umurenge wa Kimisagara, ni umwe mu mirenge igize Akarere ka Nyarugenge,  uri mu mujyi rwagati. Imiterere y’uyu murenge ugizwe ahanini n’imisozi miremire nukaba uhana imbibi n’indi mirenge yo mu nkengero z’Umujyi wa Kigali ituma hari uruhurirane rw’ibibazo birimo  icyo kutagira amazi,  cy’ibikorwaremezo, za ruhurura usanga  ziteje impungenge,  abana  bazerera ndetse n’abagore batari bake bicuruza  kandi  bivugwa ko umwanda uboneka i Nyabugogo ushobora  kuba uturuka mu gace ka  Kimisagara.

Ruzima Serge,S.E Kimisagara

Bamwe mu baturage batuye ku Kimisagara bavuga ko babangamirwa cyane n’ikibazo cyo kutagira ikigo nderabuzima cyabegerejwe mu murenge wabo ariko na none babangamiwe na zimwe muri za ruhurura zidatunganyijwe uko bikwiye  bikiyongeraho  no kubura amazi kwa buri gihe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara, Ruzima Serge,avuga ko uyu murenge ufite aho uva naho ugeze mu kwikemurira ibibazo, agira ati “ Dufite ibibazo bike bijyanye n’ibikorwaremezo bitubakiye ariko kandi tugenda tukemura gahoro gahoro uko amikoro abonetse kandi dufatanije n’abaturage ibyi nshi byarakemutse ukurikije uko byari bimeze mu gihe gishize.”

Ibindi bibazo bitandukanye dufite  twabigaragarije ubuyobozi bw’Akarere kandi  tubifite mu mihigo kandi bizabonerwa ibisubizo ku buryo no kubyerekeranye n’imihanda  na za ruhurura  dukora ubuvugizi ku karere kugira ngo  bizubakwe .

Kubyerekeranye  n’inzererezi, avuga ko bahagurikiye icyo kibazo ku ishyamba rya  Mont Kigali ryahoze ryugarijwe na bamwe mu bana baryonona bajya gutashya, ubu byacogoye bamwe mu batarumva gahunda yo kurengera ibidukikije baryangiza, ariko twashishikarije abaturage  abaturage, kuribungabunga kandi n’abaryitwaga bahungabana umutekano ubu bahacitse kubera ko umutekano waho twawukajije”.

Abatuye  Umurenge wa Kimisagara, benshi ni mu manegeka 

Ku byerekeranye n’abavuga ko Kimisagara ivugwaho ko umwanda wose uboneka cyane cyane i Nyabugogo waba  ariho uturukau Gitifu Ruzima arabihakana, agira ati “ Si byo, icyo nemera ni uko ubukangurambaga tumazemo iminsi bujyanye n’isuku, bwo kuba buri muturage wese agomba kugira koperative imutwarira imyanda, benshi bamaze kubyumva kandi birakorwa mumunsi ku wundi  turizera ko bizakomeza ku buryo nta mutureage uzasigara adafite  Koperative imutwarira imyanda”.

Akomeza avuga ko  iki kibazo cy’imyanda  kimaze kugabanuka  kuko cyafatiwe ingamba. Cyaragabanutse ubu si nka mbere kuko byari bikabije.

Abajura barahagurukiwe

Ku kibazo cy’abajura cyakundaga kuvugwa mu murenge wa Kimisagara, Ruzima Serge, avuga ko  Ubuyobozi bufatanije n’abanyerondo  haba ku manywa na nijoro, babahagurukiye kubera ko hakorwa operasiyo zihagije zo guhashya abajura.  Ati, “Ubu hari abemeye guhinduka bamaze kubifatirwamo,  ubu umutekano w’abaturage umeze neza kuko ufashwe ashyikirizwa  inzego zibishinzwe agakanirwa urumukwiye.

Ruzima Serge, Umunyamabanga nshingeabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara,  asanga gushyira mu bikorwa imihigo y’akarere bamaze kumurikirwa ari igisubizo cyane cyane imbaraga zigashyirwa mu gukurikirana umuhigo w’urugo ku muturage.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM