Amakuru

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 5,9 muri 2016

Tariki ya 16 Werurwe 2017,Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyagaragaje imibare mishya igaragaza ko mu mwaka wa 2016, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 5,9, mu gihe intego yari 6%.

Imibare yagaragajwe ni uko  mu gihembwe cya kane cy’umwaka wa  2016, umusaruro mbumbe w’u Rwanda wabaye miliyari 1 734 z’amafaranga y’u Rwanda, buvuye kuri miliyari 1 560 mu gihembwe nk’iki cya 2015.

Muri rusange umwaka ushize warangiye umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) uri kuri miliyari 6 618 z’Amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri miliyari 5 956 mu 2015, ibi bikagaagaza  ubukungu bwazamutseho 5.9%.

Uyu mwaka  ngo wabaye mwiza ku rwego rw’inganda kuko umusaruro wazo wazamutseho 7%, umusaruro w’urwego rwa Serivise uzamukaho 6%, naho urwego rw’ubuhinzi ruzamukaho 4%.

Ministri w’Imari n’Umuyobozi wa NISR

Umuyobozi w’ Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu Rwanda (National Institute of Statistics of Rwanda/NISR), Murangwa Yusuf, avuga ko  izamuka ry’ umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi rishingiye ku musaruro w’ibihingwa ngandurarugo wabonetse ari mwinshi mu gihembwe cya mbere cy’iginga cya 2016, ariko mu bihembwe byakurikiyeho ntibyagenda neza.

Agira  ati. “Mu gihembwe A umusaruro wari mwiza wazamutseho 5%, mu gihembwe B na C ntibyagenze neza umusaruro wazamutseho 1% bitewe n’amapfa yagaragaye mu bice bimwe na bimwe by’igihugu, nk’Uburasirazuba n’Amajyepfo, n’imyuzure yagaragaye mu Burengerazuba n’Amajyaruguru.”

Naho ikiciro cy’inganda cyazamutseho 7% ngo bitewe na gahunda ya Leta yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda),kuko  usanga nk’umusaruro w’inganda nk’izikora imyenda, inkweto n’ibikomoka ku mpu warazamutseho 10%, uw’inganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi uzamukaho 21%.

Mu rwego rwa Serivisi, umusaruro wa za Hoteli na Resitora wazamutseho 11% kubera inama nyinshi n’imikino igihugu cyakiriye, ndetse n’ubwikorezi bwazamutseho 8%.

Muri uyu musaruro mbumbe wa miliyari 6 618, urwego rwa Seriviseirufitemo uruhare rwa 48%, uruhare rw’ubuhinzi rwo rwaramanutse ruva kuri 33% mu 2015, rugera kuri 30%, urwego rw’inganda rwanazamutse ruva kuri 14% rugera kuri 17%.

Uyu muyobozi, avuga ko ibi bigaragaza ko imiterere y’ubukungu bw’igihugu iri guhinduka, kuko  igihugu gifite icyerekezo cyo kubakira ubukungu kuri Serivise n’inganda.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Amb. Claver Gatete, avuga ko  kuba ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka ari ikimenyetso cyiza.

Agira ati, “Umwaka ushize twateganyaga ko ubukungu bwacu buzamuka 6%, ariko burya iyo mumaze gukora igenamigambi hari ibintu bigenda bihinduka mu bukungu.”

Ati, “ iyi mibare irashimishije kandi fasha gukora igenamigambi ry’igihe kiri imbere,ku buryo  mu mpera z’ukwezi kwa Mata tuzatangaza niba igipimo cy’uko ubukungu bugomba kuzamuka cya 6.5% kizagumaho cyangwa gishobora guhinduka.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM