Mu rwego rwo gukomeza kunoza imitangire ya serivise zihabwa abaturage, Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere myiza(RGB) rurakangurira abayobozi b’inzego zitandukanye zatowe gukomeza kunoza imitangire ya serivise ku baturage bagana inzego z’ubuyobozi.
Ni muri urwo rwego taliki ya 13 werurwe 2017, Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere myiza (RGB) n’izindi nzego z’ubuyobozi zirimo inama y’Igihugu y’abagore n’inama y’igihugu y’urubyiruko bakanguriye inzego zitandukanye z’ubuyobozi zatowe mu nzego z’ibanze uruhare rwabo mu mitangire ya serivise,uruhare rw’abaturage mu igenamigambi ry’ibibakorerwa n’itegura ry’imihigo,isuku n’ibindi bikorwa bishobora guteza imbere umuturage.
Rubulika Anthony, intumwa y’ Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere myiza(RGB), asaba inzego z’ubuyobozi zatowe zirimo abagore n’urubyiruko kugira uruhare mu mitangire myiza ya serivise inoze ku baturage.
Abahagarariye RGB n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo
Nyuma y’ibiganiro bitandukanye byatanzwe, ba mutima w’urugo biyemeje ko bagiye gukangurira imiryango kugira umuco wo kuganira n’abana babo mu miryango kugirango umuryango ugire abana bafite uburere kandi bagira n’uruhare rw ’iterambere ry’Igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Manzi Theogene yavuze ko serivisi ihabwa umugurage igomba kuba ari nziza kandi inoze,umukozi w’Akarere utanze serivisi mbi biba bisobanuye ko ananiwe inshingano ze kandi adakwiyekureberwa.
Kagaba Emmanuel, umwezi.net

