Amakuru

Diabeti ni imwe mu ndwara yica umubare munini w’abantu

Muri iki kinyejana cya 21 Diabete ni imwe mu ndwara zica umubare munini w’abantu.

Usibye miliyoni 415 z’abatuye isi babarurwa ko bafite iyi ndwara, hari na miliyoni 318 z’abantu bakuru bafite ikibazo kirebana n’uko umubiri ukoresha isukari mu buryo bwateza diabete mu minsi iri imbere.

Mu mwaka w’2015 miliyoni 5 z’abantu bafite hagati y’imyaka 20 na 79 bahitanywe na diyabeti bivuze ko hari umuntu umwe upfa buri masegonda 6.

Mu Rwanda, ubushakashatsi bwo mu 2013 bwa ministeri y’ubuzima ifatanyije na OMS bwerekanye ko abantu basaga ibihumbi 175 bafite imyaka kuva kuri 15 kugera kuri 64 bafite diabete bingana na 3% by’abaturage bose.

Ishyirahamwe ry’abarwati ba ditabeti, rivuga ko bjmwe mu bimenyetso bya diyabeti ari ibi bikurikira :

Kwihagarika cyane bidasanzwe

Kugira inyota nyinshi cyane idahagarara

Inzara idasanzwe niyo waba urimo kurya

Umunaniro ukabije

Kutabona neza

Ibisebe bidakira

Guta ibiro, cyane cyane iyo mu bwoko bwa mbere

Ni ngombwa cyane kwipimisha rimwe na rimwe ngo urebe niba ntayo ufite, cyane cyane iyo uri mu bantu bafite ibyo bimenyetso cyangwa bafite ibyayitera (umubyibuho ukabije). Iyo Diyabete itavuwe neza ishobora guteza ingaruka, zirimo nk’indwara z’umutima, iz’amaso, iz’impyiko, uburemba, gucika ingingo, n’izindi.

Kagaba Emmanuel umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM