Amakuru

Ngororero: Mu mujyi wa Ngororero hafashwe ingamba zo kwirukana indaya

Nyuma y’uko intumwa za rubanda ziganiriye n’abavuga rikijyana mu karere ka Ngororero ku bibazo byugarije umuryango birimo uburaya n’ubusinzi,  umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu,  Kanyange Christine yatumije inama yamuhuje n’abacuruzi, abafite utubare na resitora baganira ku bibazo bibangamiye ubusugire bw’ingo.

Hibanzwe cyane k’uburaya, ubusinzi, isuku nke mu tubari no mu maresitora,  gucumbikira indaya ibi bifatwa nk’imungu imunga umuryango nyarwanda.

Indaya muri transit center ya Kabaya

Abakorera mu mujyi wa Ngororero bemera ko indaya ziri mu basenya umuryango kuko zikurura ugusesagura, ubushoreke n’ umutekano muke. Ku rundi ruhande banemera ko bamwe muri bo aribo bacumbikiye za ndaya. Banemeza ko izo ndaya anarizo zikurura ubusinzi.

Abarya badahinga barimo inzererezi nabo bavuzwe mu bakurura umutekano muke mu ngo kuko baba  batunzwe n’ubujura.

Ku manywa ngo birirwa mu tubare nijoro bagacukura amazu y’abaturage cyangwa bakiba imyaka .

Nyuma yo kugaragaza ko indaya ari ikibazo ku busigire bw’umuryango,  Kanyange Christine, amu mugambo akarishye , avuga ko  abazicumbikiye bahawe isaha imwe bakaba bazirukanye. Ibi yabivuze  ari saa 15h30 ko  bitarenze saa 16h30 zigomba kuba zahambirijwe  kandi abacuruza inzoga bakubahiriza amasaha.

Umuyobozi wa polisi  SSP DPC Gasangwa Marc, avuga ko  uburaya ari ikibazo cyugarije ubusugire bw’ingo.

Agira ati, “kuba abiganje mu buraya bafite munsi y’imyaka 18, bakaba bararana n’abagabo benshi, bakabyara ubutitsa bibangamiye umuryango.”

Agaruka ku babacumbikiye abasaba ko babirukana  kuko banakurura umutekano muke kuko akenshi baryamana n’ibisambo kandi ababacumbikiye nabo baryamana nabo kandi mu mwanda utagira izina.

Ibi  byemeza n’ uwitwa Karibu ufite akabari akaba na  shefu  wa zone.  Agira ati, “ hari abantu biyubashye bajya bafatirwa muri uwo mwanda.”

Nyuma yo guhabwa igihe ntarengwa cyo kwirukana abo bacumbikiye, abatibariye inama  20 kuri 32 bagaragaje impungenge ko indaya bacumbikiye zitari bwemere gutaha.

Uwitwa Tabaruka uzicumbikiye fafi y’ibiro bya Point d’Ecoute hafi y’aho bita ku Rukiko,  Mugabo Alexis, uzifite ahitwa mu Gahenge , Felisiyani, Ntabazirabose, Butorano, Habakubaho, Nsanzimana, Ntwari Laurent n’abandi,  nabo biyemereye ko bazicumbikiye aho bita mu Kajagari.

Abacumbikira indaya bemeza ko zibangamiye ubusugire bw’ingo

Nyuma yo kwakira izi mpungenge, ubuyobozi bw’akarere bufatanije n’inzego z’umutekano abayobozi b’utugari n’imidugudu, bwafashe icyemezo cyo gukora umukwabu ikibazo kikava mu nzira.

Cyakora ku rubuga rwa Ngororero Network,  hari uwavuze ngo “igisubizo kirambye ntabwo ari ukuzirukana kuko zirasubira n’ubundi mu miryango, ahubwo   hagakwiye ahubwo kubakusanya mukabaganiriza mukamenya impamvu zibatera kuza mu buraya, bakigishwa, bagasobanurirwa n’ibihano bibategereje.

Icyo uyu atazi nuko izi ntera zose zagezweho kandi inshuro nyinshi, hari abajyanywe muri iriya transit center iba mu murenge wa Kabaya inshuro zirenze 3 ariko ntibyatumye bacika ku ngeso.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM