Amakuru

Inyama zitukura ni umwanzi w’ umutima mu gihe imbuto zitukura ari umurinzi w’umutima

Akenshi iyo urya inyama zitukura, ushobora kwibasirwa n’indwara z’umutima ariko kandi warya imbuto zitukura zikaba zawurinda kwibasirwa n’ indwara zitandukanye.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Abongereza,bugaragaza ko kurya imbuto n’imboga  kenshi bigabanya kugera kuri 32% ugereranyije  n’abakunda kurya kenshi inyama cyangwa amafi.

Inyama zitukura

Kugira ngo bigerweho ,abashakashatsi bo muri Kaminuza  ya Oxford bakurikiranye abantu bagera ku 45.000 bahisemo ku bushake mu ibarura  bise EPIC.

Muri aba batoranijwe, basanze 34% ari abakunda gufata  ibiribwa byuje imboga, ari byo bibarinda kugira Cholesterol nyinshi mu mubiri bityo bikabaha ugukomera  mu bwirinzi bwo gufatwa n’indwara  zibasira umutima.

Aba bashakashatsi, berekanye kandi ko kurya Imbuto cyane  cyane z’amabara atukura[zitukura] bigira akarusho ko  kurinda umutima.

Ibi byakorewe ubushakashatsi binatangazwa mu kinyamakuru cyo muri Amerika (American  Journal of Clinical Nutrition) , aho berekanye ko ababa bifatiye cyane imbuto n’imboga aribo badafatwa n’indwara cyangwa ngo boherezwe kwa muganga  kubera ikibazo  cy’umutima, ku kigereranyo cyo hejuru ya 32%, bakaba barabikoze mu igerageza (test) mu gihe cy’imyaka 11.

Dogiteri  Francesca Crowe,wari uyoboye ubu bushakashatsi, avuga ko uku kugabanuka kw’ibyago byo gufatwa n’ indwara z’umutima  ku bantu bakunze kurya imbuto n’imboga cyane,  biterwa nuko batagira umusemburo ukarishye witwa Cholesterol,kandi n’imijyana y’amaraso ikora neza kuruta abakunda kurya inyama kenshi n’amafi;Agira ati, ”Si ubwa mbere kandi kurya inyama kenshi bitunzwe agatoki n’abaganga batandukanye kuko bigira ingaruka mbi ku buzima”.

Akomeza ahamya ko kurya  inyama zitukura cyane buri gihe byongera ibyago by’indwara  z’umutima  kugera kuri  18%,ndetse no kuba wakwicwa na  Kanseri ku kigereranyo kigera ku  10%.

Yongeraho  ko ubu bushakashatsi bwakozwe bwongeye kwerekana ko kurya indyo yuzuye ari imwe mu ntwaro  ikomeye yakurinda indwara zinyuranye cyane cyane  izibasira umutima na Kanseri.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM