Amakuru

Gatsibo : Ikimenyetso cy’imiyoborere myiza ni ukugaragariza abaturage ibibakorerwa

Mu rwego rwo gukomeza kugaragariza abaturage b’Akarere ka Gatsibo ibibakorerwa binyuze mu mihigo y’Akarere ya buri mwaka w’ingengo y’imari,Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwashyizeho uburyo umuntu wese ukeneye kumenya  imihigo y’Akarere naho igeze yeswa yayibona atagombye kuvugana n’Umukozi w’Akarere cyangwa umuyobozi.

Umukozi w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe igenamigambi,ikurikiranabikorwa n’igenzura(Planing,monitoring and evaluation ) Muvunyi  Jackson,avuga ko   hashyizweho ahantu hamanikwa imihigo ndetse n’ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Aho bamanika impapuro zigaragaza imihigo y’Akarere

Nkuko bigaragarira ugeze ku biro  by’Akarere ka Gatsibo, uhasanga  ahantu  hagaragara (Babillard) hagenewe  kumanikwa impapuro nini zanditseho uko imihigo ikurikirana, ku buryo uwari wese ubishatse ashobora kuyisoma akemnya uko iteye ubu  buryo bukaba bwarashyizwe ku biro by’i mirenge igize Akarere ka Gatsibo .

Semana Titien, Umuturage wo mu murenge wa Kabarore, avuga ko kumenyesha abaturage imihigo y’Akarere ka Gatsibo ari igikorwa cyiza. Agira ati, mbere bayitubwiraga mu magambo, ariko ubu iyo umuntu afite akanya akanyura ku biro by’ubuyobozi atereraho akajisho akagira isyo ashima n’ibyo anenga gutyo akaba yagira ijambo ayivugaho agihe habaye inama bagize icyo bayivugaho.”

Muvunyi Jackson,  avuga ko  uko amezi atatu ashize  buri mukozi ufite umuhigo akora ikigereranyo cyaho umuhigo ugeze bzajya bishyirwa ahabugenewe hagamijwe guha amakuru abaturage,abafatanyabikorwa b’Akarere ndetse n’abandi bagana Akarere.

Nyuma yo gufata uyu mwanzuro wo kugaragariza abaturage n’abafatanyabikorwa imihigo y’Akarere,buri mufatanyabikorwa  agira uruhare runini mu itegurwa ry’imihigo n’ishyirwa mu bikorwa byayo byinyuze mu nkingi 4 za Guverinoma(iterambere ry’ubukungu,imibereho myiza y’abaturage,imiyoborere myiza n’ubutabera).

Akarere ka Gatsibo niko konyine mu turere 30 gafite iyi gahunda yo kumenyekanisha imihigo y’Akarere ku baturage n’abafatanyabikorwa bako nkuko bitangazwa n’urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere myiza(RGB) kandi rukavuga ko iyi gahunda igaragaza imiyoborere myiza.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM