Amakuru

Gatsibo:Polisi n’abaturage mu bikorwa by’iterambere.

Police y’u Rwanda irahamya ko ifite umuhigo wo kugira umudugudu uzira icyaha mu karere ka Gatsibo.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi  ku rwego rw’Igihugu ACP Badege  Theos, ubwo yasuraga Akarere ka Gatsibo umurenge wa Nyagihanga mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya polisi  ifatanyamo n’abaturage n’Akarere ka Gatsibo.

Taliki ya 10 Gicurasi 2017, habaye umuganda wihariye wahuje Polisi y’Igihugu ku bufatanye n’abaturage b’Umurenge wa Nyagihanga Akagari ka Nyagitabire,umudugudu wa Nyamirama,  ahatunganyijwe umuhanda Gitinda-Nyagihanga-Mukama ungana na kilometero 16, hanacukurwa ubwiherero bw’umuturage utishoboye.

Uyu muhanda uhuza Akarere ka Gatsibo-Nyagatare n’Akarere ka Gicumbi,abaturage b’umurenge wa Nyagihanga barahamya ko ugiye kurushaho kugira ubuhahirane bw’abaturage b’Uturere duhurira kuri uyu muhanda.

Niragire Marie Chantal  utuye mu kagari  ka Nyagitabire, Umurenge wa Nyagihanga, umudugudu wa  nyamikamba, avuga ko  yishimiye ibikorwa  bya polisi y’igihugu aho yamufashije kubona ubwiherero bwiza kandi bujyanye ni igihe.

Agira ati,’’ ubundi twari tuzi ko polisi yacu  ishinzwe umutekano w’abantu n’ibintu ariko ubu yongeyeho ibikorwa biduteza imbere nk’abaturage’’.

Kugeza ubu mu karere ka Gatsibo  Polisi y’Igihugu imaze gucanira ingo 121,ikigo nderabuzima cy’umurenge wa Nyagihanga n’umuyobozi w’umudugudu w’indashyikirwa w’Akagarama mu kagari ka Nyamirama umurenge wa Gitoki  ikoresheje imirasire y’izuba (Energie solaire).

ACP Badege Theos, Umugizi wa Polisi

ACP Theos Badege, Umuvugizi wa polisi y’Igihugu akaba yari ahagarariye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yashyikirije imyambaro (Uniformes) itorero Garuka urebe ry’umurenge wa Nyagihanga bemerewe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda kubera ubufatanye na polisi bagaragaje batanga ubutumwa bwo kwirinda ibyaha babunyujije mu bihangano by’indirimbo n’imivugo, avuga ko  polisi izakomeza   gufatanya n’abaturage b’Akarere ka Gatsibo.

Polisi  y’u Rwanda ifite intego yo gucanira ingo ibihumbi 3000 mu gihugu hose kandi ikaba yibanda mu midugudu no muri santeri ziri kure y’umuhanda zidashobora kubona umuriro w’amashanyarazi asanzwe.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM