Afurika

Mugiraneza J.Bosco wari umuyobozi wa REG yasimbuwe kuri uwo mwanya

Jean Bosco Mugiraneza wari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) yasimbuwe kuri uyu mwanya n’Umunya-Israel, Ron Weiss.

Umuyobozi ukuriye Inama y’Ubutegetsi ya REG, Prof. Manasseh Mbonye aravuga ko  yasimbujwe kuko hari ahandi ashobora guhabwa akazi.

Agira ati, “Inama y’Ubutegetsi yahinduye Umuyobozi wa REG dushyiraho uwundi mushya ibi bikaba ari ibintu bisanzwe, umuyobozi wari usanzwe yahawe akandi kazi, bibaho ko dushaka undi Muyobozi witwa Ron Weiss.”

Jean Bosco Mugiraneza wayoboraga REG

Iyi nkuru dukesha urubuga nkoranyambaga  igihe.com. ivuga ko yasimbuwe kuko yashakwaga ngo ashyirwe mu yindi mirimo.

Ron Weiss  ngo yari Visi Perezida wa Sosiyete ikora ibijyanye n’Ingufu z’Amashanyarazi muri Israel (Israel Electric Corporation/IEC). Yamenyekanye mu 2015 ubwo iyi sosiyete yasinyaga amasezerano y’ubufatanye na REG yo gufasha u Rwanda guhangana n’ikibazo cy’ubuke bw’umuriro w’amashanyarazi.

Prof. Mbonye Manasseh, yashimangiye ko uyu mugabo bamutoranyije nyuma yo guhiga abandi mu kizamini cy’ibiganiro (interview).

Agira  ati, “Ubwo twamutoranyaga twamubajije ko azaduteza imbere dusanga mu bandi ari we ufite ubushobozi kuko yari afite ubunararibonye kandi ari we watugeza ku byo twifuza. Twarebye umuntu urusha abandi imbaraga mu igenamigambi ry’igihe kigufi, igiciriritse n’ikirekire.”

Yongeraho  ko Ron Weiss wayoboraga kimwe mu bigo bikomeye bitanga umuriro w’amashanyarazi muri Israel, yatangiye akazi ariko arimo kumenyerezwa n’uwari usanzwe.

Mugiraneza yatangiye kuyobora REG muri Kanama 2014, aba mu nama y’Ubutegetsi y’Ishyirahamwe ry’ibigo bishinzwe ingufu muri Afurika akaba na Perezida w’Inama y’Ubutegetsi y’ibihugu bitatu bihuriye ku mushinga w’urugomero rwa Rusizi ari byo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, u Burundi n’u Rwanda.

Ku buyobozi bwa REG, hakozwe imishinga igamije gutuma Guverinoma y’u Rwanda igera ku ntego ya megawatt 563 mu 2018, gucanira 70% by’ingo zose zo mu gihugu. Harimo umushinga wa Kivu watt, urugomero rwa Nyabarongo, kubyaza Nyiramugengeli amashanyarazi, umushinga wa Rusizi III, uwa Rusumo, kongera ingufu zituruka ku mirasire n’ibindi.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM