Amakuru

Nyaruguru: Njyanama y’Akarere yemeje ubwegure bw’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako

Inama Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru yateranye yemeza ubwegure bwa Egide Kayitasire wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka karere  uherutse kukwandika   ibaruwa asaba kwegura ku mirimo ye.

Kayitasire Egide, tariki ya 22 Gicurasi 2017  yashyikirije ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru ibaruwa y’ubwegure bwe  avuga ko  ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Nyuma yo kwakira iyo baruwa, abagize Inama Njyanama y’Akarere bateranye taliki ya 29 Gicurasi 2017 bemeza  ubwegure bwe nkuko yari yabibamenyesheje.

Kayitasire Egide

Mungwakuzwe Yves, Visi Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Nyaruguru,  avuga ko yabwiye basanze ubwegure bwa Kayitasire bufite ishingiro gutyo barabwemeza.

Agira ati,“Tumaze  kubisuzuma twemeje ubwegure bwe, abajyanama bose bari bahari babwemeje”.

Akomeza avuga ko  itegeko ritegaya ko  nyuma y’iminsi itanu hazakorwa raporo igayishyikiriza umuyobozi w’Intara imwereka ibyemezo byafatiwe mu Nama Njyanama, hanyuma nawe akayisubiza.

Nyuma yo gusubizwa n’Intara,  Komite nyobozi izicara ibisuzume hategurwe uburyo bwo gushaka undi mukozi uzamusimbura binyuze mu mategeko ya Leta.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM