Amakuru

Mu matora ya Perezida wa Repubulika 2017, ishyaka PS imberakuri nta mukandida rizatanga

  Kuri iki cyumweru tariki 11 Kamena, 2017 Ishyaka PS Imberakuri ryafashe umwanzuro ko ntamukandida izatanga  mu matora ya perezida wa Repubulika ateganyijwe muri kanama uyu mwaka.

Ni icyemezo  bafashe bivuye mu bitekerezo by’abarwana shyaka, bavuzeko bagiye gushyira imbaraga muyandi matora arimbere y’abadepite .

Mukabunani Christune, Perezida wa PS Imberakuri

Impamvu nyamukuru batazatanga umukandida ni uko bataritegura neza kuko bashaka gushyira ingufu nyishi mu matora y’abadepite bakazabona gutanga umukandida bamaze gukura inzitizi zose munzira nk’uko babyivuguye.

Mukabunani Christine. umuyobozi wa PS imberakuri Yagize ati”Twahisemo kudatanga umukandida kugira ngo tubanze dukure inzitizi mu nzira twiegeranye ingufu  neza, amatora y’ubutaha tuzamutange twiteguye neza dufite imbaraga zihagije. Abarwanashyaka ba PS imberakuri twirinze kugaragaza uwo tuzashyigikira mu matora kuko tutaramenya neza abakandida abo aribo,akaba ariyo mpamvu abarwanashyaka bacu kubera ubushishozi mbaziho nabo bafite uburenganzira bwo kuzatora uwo bashaka babonamo ububasha n’ubunyangamugayo

Yavuze ko nta ngingimira  batewe no kuba badatanze umukandida kuko bafite gahunda bagenderaho, kandi ko atari ubushobozi buke bubiteye  kuko  ngo bafite abarwanashyaka bahora biteguye .

Yanongeyeho ko bitazatuma ishyaka ryabo ricika intege  kuko bagiye gushyiramo agatege bakora cyane  bitegura  amatora y’abadepite ateganyijwe umwaka utaha wa 2018.

Abayoboke mu cyumba inama yabereyemo 

Habineza Joseph Umurwana shyaka wa PS imberakuri  yavuze   kudatanga umukandida ari igitekerezo bahuriyeho bose kuko babanje kubiganiraho bungurana ibitekerezo basanga gutanga umukandida ataringo bwa  muri uyumwaka  ahubwo bagomba kwimenyekanisha  birushijeho,bityo  bakazatanga  umukandida  ubutaha,aha bakaba bose bahamagariwe kwitegura neza amatora bakuzuza ibisabwa hakiri kare nk’abayoboke basobanutse, no  kuzatora Ingirakamaro kandi bakazatora neza 

Nyuma y’uko abayoboke b’Ishyaka  PS Imberakuri bari bamaze kugera ahakorera  A LINK HOTEL, bamaze  gutegurirwa aho bagomba gukorera  kongere yabo, ndetse abenshi muri bo bakaba bari bamaze gufata ibyicaro, n’abanyamakuru  bahageze,nibwo haje nyiri iyi nyubako.

N’umujinya mwinshi, akihagera  yahise  ategeka buri wese gusohoka ,yewe ntiyigize aha n’agaciro  ubuyobozi bwa A LINK HOTEL busanzwe bufite mu nshingano  ubucuruzi buhakorerwa, nta kuzuyaza  yafunze imiryango y’inzu  arigendera,asiga atanze itegeko ko   ntawemerewe gufungura aho assize afunze.

Meya wa Gasabo yarahagobotse  asubiza ibintu  kumurongo gahunda zirakomeza

 Mu gihe kitarambiranye  cyaranzwe no kwihangana  kwabayoboke b’ishyaka  PS Imberakuri,Umuyobozi waryo  Christine  MUKABUNANI  yakoze ibishoboka byose ,amenyesha  inzego zifite mu nshingano zazo gukemura ikibazo bari bahuye nacyo,bidatinze  hatangwa amabwiriza y’uko  igikorwa cyabo cyakomeza nta yindi nkomyi ,akaba  yabwiye  abarwanashyaka bose ko, itegeko  ribakumira  ryari ryatanzwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kimihurura.

Hagati aho ubuyobozi bw’ishyaka   PS Imberakuri  ryanenze cyane ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimihurura bwari bwatanze amabwiriza yo kubuza kongere yabo guterana kubintu bidasobanutse

Carine Kayitesi

Umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM