Amakuru

Ruhango : Bamwe muri ba rwiyemezamirimo barashimirwa uruhare rwabo mu iterambere

Mu mujyi wa Ruhango, Intara y’Amajyepfo, huzuye   yitwa hoteli  yitwa Eden Palace Hotel, iyi nzu ikaba iherereye  mu nsi gato y’ibiro by’Akarere ka  Ruhango.  Ni Hotel y’ikitegererezo n’icyerekezo kuko ikora byose kandi uhageze yakirwa neza  akagarukana na bagenzi be mu gihe gikurikiye, bakakirwa nk’abisanga mu rugo.

Ubuyobozi bw’iyi Hotel Eden Palace Hotel, buvuga ko  hari amacumbi meza kandi ahendutse, ibinyobwa byose kandi bimeze neza kandi uhagiye ahabona serivisi nziza zijyanye n’icyerekezo u Rwanda rushyize imbere.

Abanyaruhango b amaze kumenyera ko ibyo bakora biharanga kuko uhageze yakorwa nk’umukwe

Nzabonimpa Callixte na Mukabaranga Espérance, batuye mu mujyi wa Ruhango, bagira bati, “batanga serivisi utasanga ahandi  kuk uhageze yakiranwa ubwuzu n’urugwiro kandi ni mu gihe kuko abakozi bayo ari abanyamwuga kuko bize ibyerekeranye n’amahoteli n’ubukerarugendo.

Umuyobozi wa Eden Place Hotel, Nemeyimana Hussein ,avuga ko  batanga serivisi zizira amakemwa  mu kwakira abayigana kandi ikaba  yukakanwe ubuhanga n’ibikoresho bikomeye.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, buvuga bwishimira iki gikorwa cy’uyu rwiyemezamirimo, kuko ari iterambere mu mujyi wa Ruhango, bugamagarira n’abandi gushishikarira gushora imari imari mu Kareeka Ruhango hagamijwe iterambere ry’abo n’iry’akarere.

Ku bantu batemberera mu Ntara y’amajyepfo by’umwihariko mu karere ka Ruhango, bararakiriwe kwigererayo bakirebera.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM