Amakuru

Huye : Urubyiruko rwiyemeje kugaragaza impinduka n’ubufatanye buhamye

Mu nteko rusange y’urubyiruko yateraniye mu karere ka Huye, tariki ya 21 Kanama 2017, rumwe mu rubyiruko ruhagarariye abandi ruvuga rugiye gushyira imbaraga mu gufatanya n’abafatanyabikorwa bakongera imbaraga mu bikorwa bigaragaza impinduka.

Ibi urubyiruko rwabitangaje nyuma yo kugaragarizwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka huye, ko imihigo y’urubyiruko ya 2016-2017 itagaragayemo ibikorwa binini bigaragaza impinduka mu rubyiruko. Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, asaba   urubyiruko guhiga imihigo minini igaragaza impinduka, nyuma yo gusanga  imyinshi mu mihigo ari iy’ubukangurambaga,  kandi bakabaye bahiga imihigo minini igaragaza impinduka mu rubyiruko.

Urubyiruko rwa Huye mu Nteko rusange

Agira ati,  “Hari ubwo uhigira akantu gatoya kugira ngo ukarangize kandi ubundi imihigo ni igikorwa kinini, imihigo iravuna. Cyakabaye ari ikintu kinini ugeraho ukacyitendekaho kugira ngo kirangire kigaragaze n’impinduka. Naho guhigira inama, wagenda ukayikora ikarangira ukaba uyigezeho,ariko icyavuye muri ya nama ni cyo abantu bakwiye kurwana na cyo kikagaragara.”

Bamwe mu rubyiruko ruhagarariye abandi ,bemera ko hari imbaraga nke bagaragaje ariko bakiyemeza ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bagiye kongera imbaraga mu mihigo yabo, bakagaragaza impinduka mu rubyiruko.

Umubyeyi Marie Joyeuse, umwe mu bahagarariye abandi avuga ko aho basanze hakiri imbaraga nkeya cyane ari mu   mu bana batwara inda zitateganijwe,uyu mwaka  zikaba zaragaragaye cyane ugereranije n’imyaka yatambutse.

Ati, “Twiyemeje  kubishyiramo imbaraga tugafatanya n’abafatanyabikorwa bose bireba tugahangana n’iki kibazo.”

Muri iyi nteko rusange, hanatowe abayobozi ba  komisiyo mu nama y’igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Huye. Izo ni komisiyo eshatu  zitari zifite abayobozi nyuma y’uko hari  abari baratowe baseeye.

Komisiyo y’imiyoborere myiza uwatowe kuyiyobora ni  Byishimo Patrick, imibereho myiza itorerwa Uwineza Gloria naho kuri Komisiyo  y’ubukungu hatorwa Ndikumana Jean Marie Vianney.

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM