Umuvuzi gakondo , uzwi byemewe mu Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (Aga Rwanda Network) Habumuremyi Innnocent, ukorera mu murenge wa Kimisagara, yemeza adashidikanya ko akora umwuga afitiye ubumenyi kandi ukamuhesha agaciro bikaba byenezwa n’abamugana,
Uyu muvuzi gakondo , ukorera mu Ivuriro Hindem Polyclinic Natural Medecine ririri mu mudugudu wa Buhoro, Akagali ka Kamuoza, Umurenge wa Kimisagara, hafi y’urusengero rw’abanyagatolika (patoisse st Pierre Cyahafi, avuga ko avura indwara zitandukanye, kandi kuvura gakondo abikomora ku babyeyi be kuko babimwigishije akaba izi neza neza kuvura gakondo.
Avuga ko avura indwara zirimo, asima, inkorora, amarozi n’ibijyanye nayo, umwijima.tifoyide,umuti uzingura abakobwa n’abahungu, umuti uhuza abatandukanye, igifu, amibe, ibibara byo ku ruhu, igicuriri n’izindi nyinshi zitandukanye.
Akomeza avuga ko imiti gakondo ifite akamaro kagaragara, ibi bikagaragaza ukunu abamugana ari benshi bikerekaana gaciro ihabwa mu Kinyarwanda gutyo imiti ya kizungu bigomba kuzuzanya mu kurengera ubuzina bw’abantu.
Bamwe mu bagana iri vuriro Hindem Polylclinic Natural Medecine , bavuga ko iyo brigannye, bakirwa neza, bagasobanura indwara barwaye , bagasuzumwa bya kiganga ugasanga ntaho bitaniye no kwa muganga wa Kizungu, barangiza bagahabwa imiti bandikiwe kandi bakagirwa inama, byaba ngombwa bazagaruka igihe bumva badakize.
Uyu mugore ati, “buryo wakiriwe neza wumva ufite ikizere cyo gukira. nari ndwaye nyarukirayo ariko ubu narakize rwose nyuma yo kwitabaza uyu muvuzi gakondo kuko twabanje kugana abavuzi gakondo hirya no hono ariko baza kuturangira uyu Habumuremyi Innocent, tuje hano abanza kutuganiriza atubaza niba tahandi twafashe imiti, amaze kutwumva aduha imiti ariko ubu twumva ubuzima bwacu bemeze neza.”
Uyu muvuzi, avuga ko gupfa guha umuntu umuti utamwumvise neza ari bibi, akaba ari ngombwa kubanza kumusuzuma mbere yo kumuha umut kuko umuntu ariwe wihesha agaciro mu bandi iyo agaragaza ko ibyo akora bikorwa mu mu mucyo kandi akubahiriza ambwiriza genga umwuga akora.
Habumurenyi Innocent, .tel : 0725330847/0788817925, uretse kuba umuvuzi gakondo ubizobereyemo kuko abimazemo imyaka 20, anahagarariye abavuzi gakondo mu Karere ka Rulindo, akaba n’umunyamabanga w’Ihuriro ry’Abavuzi gakondo mu Rwanda (Aga Rwanda Nerwork.)
Kagaba Emmanuel, umwezi.net


