Amakuru

Ntibikwiye ko urubyiruko rubura icyo rukora

Bimenyimana Jérémie

Abasore n’inkumi barangije Kaminuza binubira kubura akazi, kandi hari amahirwe menshi, ariko ntibayiteho. Ubuhinzi bukozwe gihanga ni amwe muri ayo mahirwe.

Abantu barenga miliyoni 120 muri Afurika ntibagira akazi. Muri abo badafite akazi urubyiruko rwihariye 60%. (Concept note y’inama mpuzamahanga ya TRUSTAFRICA iteraniye i Kigali kuwa 02-03 Mata 2019).

Umuyobozi w’Ihuriro rinyarwanda ry’urubyiruko rukora imirimo irebana n’ubuhinzi RYAF (Rwanda Youth Agriculture Forum), Bwana Jean Baptiste Hategekimana arahamagarira urubyiruko rw’u Rwanda kwihangira imirimo, kuko abarangiza kwiga bose batazahabwa akazi na Leta.

Arasanga abasore n’inkumi bo mu Rwanda barahawe amahirwe menshi n’Ubuyobozi bw’u Rwanda, bubashyiriraho aho bahurira bakungurana ibitekerezo, ariho RYAF

Karemera Assoumpta (uwa mbere uhereye ibumoso) akora inzoga muri Beterave; Mukandayisenga Clementine akora inzoga n’imitobe itandukanye mu bisheke na Niyigeza Marc ukora inzoga muri karoti.

Bwana Hategekimana aremeza ko mu rwego rwo kunoza imikorere, iryo huriro ryiyemeje gukorana n’uturere kugira ngo ryegere urubyiruko ruri hirya no hino mu gihugu.

Ni muri urwo rwego kuwa 04 Mata 2019, abasore n’inkumi bo mu mirenge 12 igize akarere ka Kamonyi bazahabwa ubutaka bwo gukoreramo imirimo y’ubuhinzi.

Abasore n’inkumi bakora imirimo ishingiye ku buhinzi bari mo ingeri nyinshi.

Hari abatubura imbuto; hari abahinzi; hari abatunganya umusaruro ndetse hari n’abacuruzi.

Kubona rero abasore n’inkumi bazindukira ku ndege bavuga ko badafite akazi, ni inenge ku bukungu bw’u Rwanda.

Rugamba Audace umuhinzi w’imbuto zikunzwe cyane zitwa Walter Melon

Arabasaba kwigira kuri bagenzi babo barenga ibihumbi 12 bamaze kwitabira ubuhinzi bwa kijyambere kandi bakabugira umwuga, kugira ngo nabo badacikwa n’ayo mahirwe bafite kubera Ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM