Amakuru

Calme Restaurent : Aho wakura ifunguro rifite intungamubiri

         

Calme Restaurent iherereye mu mujyi wa Kigali iruhande rw’Isoko rya Nyarugenge mu muryango ubamo imboga n’imbuto, aha niho wasanga ifunguro rifite intungamubiri,  urifashe atandukana no guhora yivuza kubera kurira muri restaurant zitegura nabi ifunguro.

Nkuko bitangazwa n’umuyobozi  wa Calme Restaurent  Hakizimana Joseph  avuga ko bafite umwihariko wo gutegura neza  isombe irimo ikinono dore ko abahanga mu mirire bavuga ko  ubufashe adahura ni ikibazo cyo kurwara imitsi.

Abakozi ba Calme Restaurent bakirana ubwuzu ababagana

Agira ati” Hano dufite umwihariko wo gutegura neza amafunguro byumwihariko isombe irimo ikinono, hakiyongera ho ibirayi bitekanye ubuhanga, kuburyo ubiriye aryoherwa, ibyo bikagaragazwa n’uko abakiriya bacu badahinduka,ahubwo usanga hari abandi bashya baza, ibyo bikaduha ikizere ko baba baryohewe”.

Uyu muyobozi   avuga ko kwita kuri servise ihabwa abakiriya ariryo banga bakoresha kugira  ngo bigarurire imitima yababagana, ibyo bigakorwa hitabwa kuri buri muntu hakurikijwe ubushobozi afite.

Umwe mu bakiriya yabwiye itangazamakuru ko amaze imyaka 2 akoresha iyi Restaurent dore ko ari iyacyera, akaba ayiziho gutanga serivise neza ibyo bigaherekezwa no kubaha buri wese ubagannye.

Agira ati ” Njye natangiye kurira muri  Calme Restaurent kuva cyera kandi ntangaruka nahagiriye nkuko numva  abandi  bavuga  ngo kurira muri Restaurent bibatera indwara ariko njye na nubu nta kibazo ndahura nacyo.

U Rwanda ni igihugu kimaze kumenyekana ko ari kimwe mu bitanga serivise  nziza  bikaba ari nayo  mpamvu bakangurira abakora akazi ka mahoteli na Resitora gutanga serivise nziza  batunganya n’amafunguro yujuje ubuziranenge, kugira ngo badashyira ubuzima bw’ababagana mu kaga.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM