Abasoromyi ba kawa barasabwa gukomeza kwirinda abamamyi no gusarura kawa yeze neza no kubahiriza gahunda yazo yose kuva ivuye mu murima kugeza igeze ku ruganda kugira ngo umusaruro uzabashe guhangana ku isoko mpuzamahanga ari mwinshi kandi ufite ubuziranenge
Bwana Joseph Niyigena Umuyobozi w ‘uruganda Buriza Coffee
Ibi bitangazwa n’ubuyobozi bw’uruganda buliza coffee muri iki gihe bari gusarura kawa bazigemura ku ruganda kugirango zitunganywe mbere yo koherezwa ku isoko.
Buriza coffee n’uruganda rumwe muzigize Caferwa ruherere Karere ka Rulindo mu Murenge wa burega .
Ubwo ikinyamakuru umwezi.rw cyasuraga uruganda Buliza coffee cyaganiriye n’ubuyobozi bw’uruganda buliza coffee ndetse n’abamwe mu bahinzi ba Kawa bo mu Murenge wa Burega na Ntarabana bagemura umusaruro wabo kuru ruganda batubwiye uko batunganya Kawa yabo ndetse n’uko bayongerera uburyohe n’agaciro ku I soko mpuzamahanga.
Kawa zeze neza zigejeje igihe cyo gusoromwa
Abahinzi bavuga ko muri ikigihe cy’umwero wa Kawa baganirijwe n’ubuyobozi bw’uruganda bubigisha uko basoroma Kawa yeze Nuko iba imeze ndetse n’uko bayigemura ku ruganda .
Nibisama Dismas umuhinzi wa Kawa
Nibisama Dismas n’umwe mubahinzi babigize umwuga bo mu Murenge wa Burega akaba ahinga Kawa muburyo bw’umwuga akaba Kandi amaze imyaka isaga 30 ayihinga .
yagize ati” twigishijwe n’ubuyobozi bw’uruganda uko basarura Kawa yeze uko tuyifata ndetse nigihe tutarenza tutarayigeza kuruganda ,ubu tugiye gukurikiza amabwiriza duhabwa n’uruganda kugirango Kawa yacu igire agaciro bityo ikomeze kuduteza imbere”
Dismas avugako kuva yatangira gukorana n’uruganda Buliza coffee yungutse byinshi nkaho yabashije kwiyubakira inzu nziza atuyemo yiguriye inka ,imirima,yishyura ubwisungane m’ukwivuza ku gihe ndetse ko yanamenye uko Kawa yitabwaho kuva igiterwa kugeza itangiye kunyobwa.
Bwana Joseph Niyigena Umuyobozi w ‘uruganda Buriza Coffee
BwanaBuriza Coffee Joseph Nigena umuyobozi w’uruganda Buliza coffee avugako Kuganiriza Abahinzi ku kwita kuri Kawa byongera ubwiza n’uburyohe bw’akawa .
yagize ati”dufata amwanya tugasanga Abahinzi mu murima tukabereka uko Kawa yitabwaho,cyane cyane muri ikigihe cyo gusorama kawa twaganirije abahinzi bacu tubere kawa yeze uko iba isa tubigisha uko isoromwa ku giti tubasobanurira uko ifatwa ,itwarwa igemuwe ku ruganda ndetse tunababwira ko itagomba kurenza amasaha 8 isoromwe itaragera ku ruganda.
Ibi twizeye neza ko bizadufasha mu gukusanya umusaruro mu buryo bwiza ndetse no kuzatunganya Kawa yacu mu buryo bugezweho aribyo Kawa iryoshye Kandi ipiganywa ku isoko mpuzamahanga.ndetse inateza imbere umuhinzi”.
Mu rwego rwo kurengera abahinzi ba kawa kugira ngo ubuhinzi bwabo bubateze imbere, ubuyobozi bw’uruganda buliza coffee bwa tanze ifumbire n’imiti ndetse butunganya ingemwe za Kawa zahawe abahinzi za tewe muri ikigihe cy’imvura , burakangurira abahinzi bataratera Kawa gukomeza gutera Kawa murwego rwo kuzongera ndetse no kongera ibiti byazo.
. Ingemwe za kawa
Kawa ya Buliza coffee itunganywa na Caferwa ikunzwe n’abatari bake ku isoko ryo mu Rwanda ndetse no mu mahanga dore ko igurishwa mu mahoteri akomeye y’i Kigali, muri Amerika, Ethiopia ndetse n’ahandi hatandukanye ku isi.
ANAEROBIC
Arabic Coffee
Umwezi.rw










Joseph
February 24, 2022 at 1:54 pm
Mwakoze akazi keza mukomeze gushyira MO agatege natwe tubari inyuma