Uncategorized

Rulindo: Kwiga imyuga byafashije abangavu batewe inda zitateganyijwe kwigirira icyizere cy’ubuzima

Bamwe mu bangavu batewe inda zitateganyijwe batarageza imyaka y’ubukure bo mu murenge wa Shyorongi, Akarere ka Rulindo bavuga ko bari bariyanze ndetse n’ubuzima busa nk’ubutagishoboka, ubu bafite icyizere ko bazagera ku nzozi zabo nyuma y’uko babonye ababafasha kubigisha imyuga itandukanye.

Uwase Anne Marie atuye mu kagari ka Bugaragara, Umudugudu wa Nyarushinya avuga ko yabyaye yiga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye afite imyaka 16. Amaze kumenya ko atwite kwiyakira byaramunaniye, umuryango uramwanga, agerageza no gukuramo inda nabyo biranga. Nyuma yo kubyara umwana yashatse kumuta mu bitaro kuko yabyaye igihe kitageze ariko k’ubw’Imana umwana akaba yarabashije kubaho.Akomeza avuga ko kuri ubu yifitiye icyizere nyuma y’uko ubuyobozi bw’Umurenge bwamuhuje n’abagiraneza bo mu muryango utegamiye kuri Leta witwa CAM- Rwanda (Community Action For Mercy) ukorera muri uwo murenge ukamufasha kwiga umwuga wo kudoda, binamufasha kumurerera umwana.

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM