Amakuru

Abako bwa batarashaka ntibavuga rumwe kuri gahunda yo kuboneza urubyaro

Ibigo bitanga servizi zo kuboneza imbyaro bivuga  ko mu bahabwa izo servisi harimo n’abakobwa batarashaka, nk’abanyeshuli n’abandi bari mu kigero cy’urubyiruko

kuboneza-urubyaroUburyo bakunze guhitamo uretse gukoresha udukingirizo,  harimo n’inshinge z’igihe gito, gusa bamwe mu  babyeyi basanga abo bakobwa bakwiye gutegereza bagashyingirwa, ariko abandi bakumva ari uburenganzira bwabo kwirinda inda zidateganyijwe.

 

Umwe mubaforokazi  ku kigo  bitaro bya Kiziguro,  avuga  ko uburyo urubyiruko rwitabira cyane ari ubw’agakingirizo, gusa ngo kuva uyu mwaka watangira, abakobwa babarirwa muri 30 boherejwe mu bigo nderabuzima, kuko bashaka ubundi buryo bwo kuboneza imbyaro.

Agira  ati,“Icyo dukora tubohereza ku bigo nderabuzima bibegereye, tubaha reference, tukabaha urupapuro rwaanditseho ko yaje aje gushaka izo gahunda zo kuboneza urubyaro, tukamugira inama, hanyuma akajya kuri icyo kigo nderabuzima kimwegereye, akajyana rwa rupapuro, yazagerayo bakamwakira bazi ikimuzanye” .

Naho  umwe mu baforomo wo Ku kigo nderabuzima cya Tabagwe, ushinzwe gahunda yo kuboneza imbyaro avuga ko urubyiruko rutarashaka, rwitabira kuboneza imbyaro kimwe n’abashatse.  Agira ati, “Gusa  abatarashatse, baba batubwira ko bashaka kwirinda gusama batabishaka ariko kuri bamwe    b’abanyeshuli bakanga ko babatera inda bakiri mu mashuli”

Mu myumvire ya bamwe kuboneza urubyaro bireba abashakanye gusa.

Umugore w’imyaka 56  utuye Imu Murenge wa Kabarore, avuga ko ubu ari uburenganzira bw’ubishaka wese. Ati,  “ubundi kuboneza urubyaro ntabwo bireba gusa abashakanye cyangwa  ababyaye, kuko ushobora kubyara mu gihe runaka ushaka. Ntabwo ari ukuvuga ngo narabyaye ngomba kuboneza urubyaro ”

Iyi ngingo yo kuboneza imbyaro ku  bakobwa batarashaka , ababyeyi ntibayivugaho rumwe, na bamwe muri urubyiruko rw’abakobwa. Bamwe bashyigikiye abana b’abakobwa bajya muri izo gahunda zo kuboneza imbyaro batarashaka.

Mukakamari Bernadette, atuye mu murenge wa Kiziguro, Akagali ka Mbogo. Agira ati, “mbona nyine yajya kwa muganga agafata urwo rushinge cyangwa  ibinini, hari abakobwa nzi baboneza urubyaro badafite abagabo, bagira ngo birinde gutwara inda batateganyije.”

 

Naho Kayitesi donatille nawe wo muri uyu murenge,agira ati,   “umukobwa utarageza igihe cyo gushyingirwa, akananirwa inama za kibyeyi zo kwifata, mugira inama yo kujya kwa muganga ariko yaragejeje igihe cyo gushinga urugo rwe amubwira gushaka umugabo”

Ku rundi ruhande ariko hari ababyeyi bemeza ko ibi bidakwiye kuko bishobora no kugira ingaruka ku buzima bw’uwabigiyemo. Mutumende Leonille, umubyeyi ufite imyaka 56, agira ati, “njyewe mbyakira nabi, kubera ko umukobwa iyo atarashaka agatangira gufata ibyo binini akiri mutoya, iyo agejeje igihe cyo gushaka bimuviramo kutabyara, bitewe nuko numva imiyoboro  iba yaramaze kunyerera, gutyo kwiteza urushinge ntibireba urubyiruko, kuko ashobora kwiteza urushinge bikazamuviramo kuba atabyara”

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM