Ni kuri uyu wa gatatu, taliki ya 23/12/2016 ku gicamunsi muri Minisiteri y’Imali n’igenamigambi niho habereye umuhango wo gushyira umukono hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda na Congo Brazaville ku masezerano yemerera Abanyarwanda bakoze muri Congo Brazzaville kujya bafatira amafaranga ya Pansiyo muri RSSB, nta yandi mananiza.

Minisitiri Gatete Claver na Emile Ouosso wa Congo Brazza bahererekanya amasezerano bamaze gushyiraho umukono
Ku ruhande rwa RSSB, Jonathan Gatera umuyobozi Mukuru yatangaje ko mu mibare yizewe bafite, mu Rwanda habarurwa abantu 13 bahoze bakora muri Congo-Brazzaville bari mu kiruhuko cy’izabukuru bakaba batuye mu Rwanda.
Gatera ati “Aba bazahita bagira amahirwe yo gufatira ubwiteganyirize bwabo muri RSSB kandi barabutanze no muri Congo-Brazzaville“, Gatera yakomeje asobanura ko hari n’abandi bantu batanu bakoze muri Congo-Brazzaville kuri ubu bakomereje akazi mu Rwanda, Gatera yashimangiye ko nibagera mu kiruhuko cy’izabukuru bazafatira pansiyo muri RSSB ku bufatanye na CNSS ya Congo-Brazzaville, kubera ihanahana ry’amadosiye y’abateganyirijwe hagati y’ibihugu byombi.
Amasezerano yasinywe n’impande zombi, niyo azagenderwaho kandi no ku bakozi bazakora muri kimwe muri ibyo bihugu mu minsi iri imbere, kuko ikigo cy’ubwiteganyirize cyo mu gihugu kimwe kizajya gihererekanya n’ikindi ubwo bwiteganyirize umukozi abufatire mu gihugu arimo nta nkomyi.
Congo-Brazzaville, nk’uko byatangajwe, nta mukozi waho uramenyekana waba warakoze mu Rwanda. akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, gusa ngo aba bakozi bashobora kuzagaragara nyuma y’aya masezerano na bo bakayabyaza umusaruro.
Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imali n’Igenamigambi w’u Rwanda Ambasaderi Gatete Claver na Minisitiri w’abakozi ba Leta n’ubwiteganyirize muri Congo-Brazzaville Emile Ouosso.
Uretse aba Baminisitiri, abayobozi b’ibigo by’ubwiteganyirize ku mpande zombi na bo basinyanye amasezerano y’imikoranire nk’ibigo birebwa n’ubwiteganyirize bw’abakozi by’umwihariko.
Nyuma y’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye, abashyitsi bo muri Congo-Brazzaville bahise bajya gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ku Gisozi.
U. Alphonse
Umwezi.net



