Amakuru

Kwiyemeza icyo uzakora ukagitunganya bigaragaza ko wacyemeye

Ibi ni ibivugwa na bamwe mu bantu  bemeza ko Kompanyi zitwara abagenzi  zikwiye  kunoza serivisi ziha abagenzi.

Bamwe bavuga ko  nta waceceka abona uburenganzira bwa benshi buhonyorwa kandi bibangamira  ibyifuzo by’abagenzi.

Abagenzi bagenda muri Alpha bavuga ko  Express bivuze gukorera ku gihe kandi vuba  ibi bikaba aribyo biranga sosiyete itwara abagenzi igana Kigali -Huye na Kigali- Rusizi kugaruka.

Mu gutwara abantu mu Ntara, Kompanyi ya Alpha Express , abayikoresha bavuga ko muri iki gihe ariyo  ya mbere kuko yubahiriza gahunda uko idakerereza abagenzi mu kubahiriza amasaha haba mu kugenda no kugaruka hakiyongeraho np kubatwara neza  mu mutekano.

Ubuyobozi bushinzwe ibinyabiziga bitwara  abantu, busaba aba batwara abanyarwanda, kurushaho kumva ibyifuzo by’abo batwara kuko aribo baha serivisi kandi bakeneye guhabwa serivisi zinoze

Mukwiye Fréderic, umukozi mu mujyi wa Huye, avuga ko uretse n’ibyo bafata   neza ababagana ku buryo n’abandi n’iyo bakwishyira hamwe batazabigeraho vuba aha.

Undi Mugenzi we ati, “Icyo dushingiraho tubashima,  abagana  iyi kompanyi  nuko baduha serivisi tubasaba, imiterere y’ibinyabiziga batwarwamo abgenzi ari bizima, kudatinza abagenzi mu mayira n’ibindi.

Ubuyobozi busaba aba batwara abanyarwanda kurushaho kumva ibyifuzo by’abo batwara kuko aribo baha serivisi kandi bakeneye guhabwa serivisi zinoze

Umwe mu bashoferi, avuga ko ishyaka ryo kurushaho kunoza serivisi batanga  barifite kandi bazarushaho kumva impungenge n’ibyifuzo by’ababagana.

Alpha

Kamana Cprien umwe mu bagenzi  ukorera mu mujyi wa Huye, avuga ko ba nyiri imodoka  baba barasinye ko biteguye kutabangamira ibyifuzo by’abagenzi kuko   umugenzi atagomba kubuzwa uburenganzira bwe ngo  aceceke  kuko ijambo EXPRESS  bivuga  kugenda ku isaha kandi bakaba babishoboye mu gihe bamwe byabananiye.

Ko abafite amasosiyete atwara abantu, baba baremeye gukorera ku masaha ndetse bakabyandika no ku binyabiziga byabo,

Basaba ko  bagira imikorere myiza bakubahiriza ibiciro kugirango abagenzi barusheho kwishima.

Alpha Express ikwiye gukomeza gukora neza nkuko bimeze ubu  kuko ifite imodoka zayo gutyo bikaba akarusho ku zindi company zitwara abantu.

Bamwe mu bagenzi bavuga ko batirirwa batonze umurongo kuko iyo waguze tike isaha igera mugahita mugenda hatabayeho kwijujuta cyangwa ngo abantu birirwe mu muhanda kugeza ijoro riguye.

Undi agira ati, bazagerageze kubyirinda kuko umuntu iyo azindutse agiye ku rugendo bimubabaza iyo ateze imodoka ntigende kandi agomba kugaruka.

Nkundizera Bertin na Kivunanka Jéremie, abayobozi ba Alpha Express Company bemeza ko , bwemeza ko batazatezuka ku ntego bwihaye yo kunoza serivisi baha abagenzi kandi ko bazakomeza guharanira icyatuma abagenzi bagenda mu mutuzo usesuye , bakubahiriza gahunda n’umutekano wabo

Kagaba Emmanuel,umwezi.net.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM