Amakuru

Rwabiharamba : Ibikorwa byo kubaka umudugudu w’ikitegerezo byatangijwe

Tariki ya 19 Mutarama 2017 ni bwo  ibuye ry’ifatizo  ryashyizwe ahagiye kubakwa umudugudu w’ikitegerezo wa Rwabiharamba, mu murenge wa Karangazi, Akarere ka Nyagatare.

Depite Rwabyoma watangije iki gikorwa,  avuga ko ntawe bikwiye kubera ibitangaza ko Rwabiharamba hakubakwa amazu y’ikitegerezo nk’ayo mu mujyi wa Kigali na cyane ko  ari ukubaka u Rwanda rumwe kandi twifuza ko rubera abanyarwanda paradizo.

rwabiharamba

Ahazubakwa umudugudu wa Rwabiharamba

Agira ati, “ndasaba  abaturage ko kugira ngo byose bigerweho babyibonamo bakabigira ibyabo ntihagire uwo iterambere risiga.”

Bageni Seraphine ni umuturage wo mu mudugudu wa Rwabiharamba hafi n’ahagiye kubakwa uyu mudugudu w’ikitegerezo.

Avuga ko bishimiye kubona Rwabiharamba yaratoranyijwe gushyirwamo uyu mudugudu ariko by’umwihariko akaba ashimishijwe n’uko amashuri y’abana babo azubakwa hafi mu gihe byabasabaga gukora urugendo rurerure bajya kwiga ku kigo cy’amashuri cya Nyagashanga.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare,Mupenzi  Georges ,avuga ko nta munyarwanda bikwiye kubera inzozi ko na we yatura ahantu heza kuko buri wese akurikiye umuvuduko w’iterambere igihugu kirimo yabigeraho ariko kandi ko bisaba kubyumva no kubigira ibya buri wese.

Umudugudu w’ikitegerezo wa Rwabiharamba uzubakwamo amazu 100  akazatuzwamo imiryango 400 hibandwa ku baturage batishoboye. Ni umudugudu kandi uzaba ufite ibikorwa remezo nk’amazi, imihanda, amashanyarazi,amashuri,ibikumba byo kororeramo,irerero,ibyumba mpahabwenge,aho kwidagadurira hamwe n’ibiro bya polisi. Uyu mudugudu ukaba ugiye kwiyongera ku wa Rwempasha.

Kagaba Emmanuel,umwezi.net

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM