Amakuru

Ruhango : Barasabwa kuva mu buhinzi gakondo bakita ku nama z’abagoronome

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burahamagarira abahinzi gukora ibishoboka byose bakuhira imyaka muri iki gihembwe cy’ihinga, kugira ngo aho bigishoboka babashe kuramira itaramara kwangizwa bikabije n’izuba ryabaye ryinshi bitewe n’imihindaguriukire y’ikirere. 

Tariki ya 18 Mutarama 2017,  mu gace k’igishanga cya Kiryango gakora ku Kagali ka Muyunzwe ko mu Murenge wa Kinihira n’aka Kubutare ko mu Murenge wa Mwendo, habaye igikorwa cyo gutangiza ku rwego rw’Akarere ka Ruhango icyumweru cyahariwe gushishikariza abahinzi kuhira kugira ngo babashe kuramira imyaka igishobora kuramirwa bityo izabashe gutanga umusaruro.

abahinzi

Abahinzi beretswe uburyo bwo gushyira mu mugezi umupira ukogota amazi yo kuvomerera

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu, Twagirimana  yahamagariye abahinzi kudakomeza guhanga amaso ikirere bibwira ko imvura izagwa vuba ikaramira imyaka yabo, ahubwo bagahaguruka bakuhira imirima bakoresheje ibikoresho byose bishobora kwifashishwa mu muri icyo gikorwa nk’amajerikani, indobo, amabase n’ibindi.

Agira ati, “ndabakangurir  kandi gutandukana n’ubuhinzi bwa gakondo aho gutegereza ko ikirere kibyara imvura ngo babone guhinga, yatinda kugwa cyangwa yabura mukabireka bakabireka, yabura mwaramaze  gutera mugatahira aho, ahubwo mukagendera ku makuru muhabwa n’abahanga mu by’ikirere, mukanakurikiza inama zose mugirwa n’abashinzwe ubuhinzi, bityo mukabasha guhingira igihe, kandi igihe bikenewe mukuhira imyaka mwifashishije uburyo bwose mushobora kubona.”

Yagejeje ubu butumwa ku bahinzi bibumbiye muri Koperative ihinga umuceri n’ibigori (CORIKI) mu gishanga cya Kiryango, anagaruka  ku mikoreshereze y’ibikoresho byo kuhira imyaka Leta yatije aba bahinzi (moteri 2 zikogota amazi, impombo zitwara amazi, n’ibyuma bimisha amazi mu mirima) maze asaba ubuyobozi bwa Koperative CORIKI kwihutira guhuza abanyamuryango mu rwego rwo kwegeranya uburyo (amafaranga) bwo kugura  lisansi yo gukoresha muri moteri zikogota amazi yo kuvomereza ibigori byabo.

kuhira

Abahinzi batijwe imashini zivomerera imyaka muri ubu buryo

Abakozi bashinzwe iterambere mu tugali twa Muyunzwe na Kubutare na bo bahawe inshigano zo gukorana buri munsi n’ubuyobozi bwa CORIKI ndetse  n’abahuguwe mu bijyanye no gukoresha neza no gucunga amazi kugira ngo babashe gufasha abaturage kunoza igikorwa cyo kuhira no gutanga raporo y’ibikorwa buri munsi muri iyo gahunda.

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ushinzwe ibijyanye n’imashini zuhira ku rwero rw’Intara y’Amajyepfo, Uwimbabazi  Jacqueline, asaba abahinzi gukoresha uko bikwiye ibikoresho batijwe no kubifata neza kugira ngo bizabafashe kubona umusaruro mwiza.

Ati, “ kandi  gutiza abahinzi ibi bikoresho biri no mu buryo bwo kubafasha kugira ngo babimenye bamenye kubikoresha kandi abafite ubushake babashe kubyigurira na bo bajye babikoresha by’umwihariko mu gihembwe cy’ihinga C kirangwa n’izuba ryinshi.

Mu izina ry’abanyamuryango ba Koperative CORIKI, Majangwe  Innocent ashima yashimye cyane Leta idahwema kwifuriza abanyarwanda ibyiza kandi  ko ubuyobozi bwa Koperative bugiye guhuza abanyamuryango bagakusanya amafaranga yo kugura lisansi yo gukoresha muri moteri batijwe, kandi bakazakoresha imbaraga nyinshi kugira ngo babashe kuramira ibitarangirika.

Koperative CORIKI ifite ubuso bwa hegitari 95 ihingaho umuceri n’ibigori mu gishanga cya Kiryango, ahahingwa ibigori hakaba hagera kuri hegitari 25. Iyi Koperative yatijwe moteri 2, rainguns 2 n’amatiyo 30.

Kagaba Emmanuel, umwezi.net

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZASOMWE CYANE

To Top
play button
Umwezi Radio 95.3 FM