Abanyarwanda bagaragaza ko bakunda ibikorerwa iwabo, ikibazo kikaba ko bitabageraho ari byinshi. Kimwe mu byo bishimira ni umuziki w’abanyarwanda, kandi Air Tel igiye kubibafashamo mu bitaramo bigiye gukorwa n’ibyamamare mu muziki munyarwanda, mu turere twa Huye na Rubavu.
Abahanzi batatu bakunzwe hano mu Rwanda bagiye gutaramira abaturage bo mu ntara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba nta faranga na rimwe batanze.
The Ben umaze igihe kinini aba muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, agiye gufatanya na Bagenzi be King James na Riderman gutaramira abatuye akarere ka Huye mu ntara y’amajyepfo n’ab’i Burengerazuba.
Ibi bitaramo byateguwe na Airtel-Rwanda ifatanyije na East African Promoters (EAP), bizaba byombi mu kwezi gutaha kwa kabiri (Gashyantare), kuwa 04 Gashyantare 2017 bazaba bari i Huye aho igitaramo kizabera ahahoze Gare, naho kuwa 11 Gashyantare 2017 bazerekeza i Rubavu, igitaramo kibere kuri Stade Irembo, imbere ya Tam Tam.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuwa 26 Mutarama 2017, aba bahanzi bose bemeza ko bishimiye gukora ibi bitaramo, bakanashimira Airtel yabahuje ngo bataramire abanyarwanda.
The Ben aragira ati “Ndishimye cyane ku bwa Airtel kuko yafashije abanyarwanda guhendukirwa na serivisi zo guhamagara, igashyiraho Tera Stori, ikindi nishimiye n’uko ngiye gukorana igitaramo n’aba bagabo babiri, ni inshuti zanjye kuva kera kandi ndizera neza ko abatuye Huye na Rubavu tuzabashimisha, kuko ibishya byo birahari byinshi.”

Uhereye ibumoso ugana iburyo : Riderman; King James; Mushyoma Joseph na The Ben baganira n’abanyamakuru ku birebana n’ibitaramo bigiye gukorwa.
Ibi arabihurizaho na Riderman nawe mu magambo make ushimangira ko bazashimisha abo bazaririmbira.
Mushyoma Joseph, umuyobozi wa EAP aratangaza ko bamaze gutangira imyiteguro kandi yizeye ko nk’ibisanzwe, ibi bitaramo byombi bizagenda neza dore ko bafite ubunararibonye mu mitegurire y’ibitaramo.
Carine Kayitesi Umwezi .net

